Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamakuru Wa B&B Aramagana Abamushinja Ivangura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Umunyamakuru Wa B&B Aramagana Abamushinja Ivangura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2024 8:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umunyamakuru mu myidagaduro na siporo uri mu bakomeye mu Rwanda David Bayingana
SHARE

David Bayingana, umwe mu banyamakuru ba siporo ubirambyemo kurusha abandi, avuga ko ibyo uwitwa Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta aherutse kumushinjira mu rukiko by’uko yifitemo ivangura, ari ibinyoma.

Hari taliki 05, ubwo Fatakumavuta uyu yabigarukagaho yiregura mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro.

Yireguraga ku byaha birimo ibyo gukangisha gusebanya, kubuza amahwemo hifashishijwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, ivangura n’ibindi.

Yashyize mu majwi Bayingana David, avuga ko uyu munyamakuru yamukoreye ivangura.

Bayingana we avuga ko mu buzima bwe nta vangura rimurangwaho cyangwa rizigera rimurangwaho.

Ku nkuta ziri ku mbuga nkoranyambaga, Bayingana yavuze ko nyuma yo kubona ibyo Sengabo Jean Bosco (Fatakumavuta) yatangaje ubwo yireguraga yahisemo kubinyomoza.

Kumva bamuvugaho kuvangura byaratumunguye biranamubabaza kuko byamwangirije izina.

Yanditse ati: “Mu buzima bwanjye bwose, uko narezwe, natojwe n’uko nize nta na hamwe mpurira n’ivangura iryo ari ryo ryose. Nzira kandi ndwanya n’ingufu zanjye zose irondakoko aho riva rikagera. Ndi Umunyarwanda biteye ishema kandi ubyubahira abo tubisangiye bose, nkanubaha kandi ngaha agaciro ikiremwamuntu ku isi yose. Ibi birandanga, mbyemera ntyo kandi nta gahato”.

Ubutumwa bwa Bayingana yikoma Fatakumavuta

David Bayingana avuga ko ari gusesengurana n’abanyamategeko be uko ibyo yavuzweho biteye no kureba izindi ntambwe zaterwa hashingiwe ku mategeko kugira ngo akurweho icyo gisebo.

Icyamamare gikoresha imbuga nkoranyambaga, Fatakumavuta, ari mu bibazo n’ubutabera nyuma yo gukurikiranwa ko yibasiye ibindi byamamare birimo The Ben, Meddy na Alex Muyoboke.

Nubwo The Ben we yandikiye urukiko avuga ko amuhaye imbabazi, ntibyarubujije kumukatira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ubwo aheruka mu rukiko yavuze ko asanzwe afitanye ibibazo na Muyoboke Alex kandi bimaze imyaka myinshi kuko byatangiye  mu mwaka wa 2017 ubwo Muyoboke Alex  yari ashinzwe inyungu z’abahanzi Charly na Nina.

Mu rukiko Fatakumavuta yavuze ko yakoze inkuru itarishimiwe na Muyoboke bituma agashaka kumwirukanisha aho yakoraga ariko biramunanira.

Yavuze ko nyuma y’aho, Safi Madiba yagerageje kubunga ndetse batera intambwe ya mbere ariko “David Bayingana abyivangamo abwira Muyoboke kutazigera yiyunga n’imbwa y’Umuhutu”.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rumaze iminsi rugira inama ibyamamare yo kudakoresha nabi imbuga nkoranyambaga ngo zibagonganishe n’amategeko.

Ni umuburo RIB iha n’Abanyarwanda bose mu rwego rwo gukumira ko bakora ibyaha bigatuma bajyanwa mu rubanza.

TAGGED:BayinganaFatakumavutaImbugaMuyobokeNkoranyambagaUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuzima Bwa Politiki Bw’Inararibonye Habumuremyi
Next Article Ububiligi: Abarundikazi Bishwe N’Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?