Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Ernest Rwamucyo Yatorewe Kuyobora Inama Y’Ubutegetsi Ya UNICEF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Ernest Rwamucyo Yatorewe Kuyobora Inama Y’Ubutegetsi Ya UNICEF

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2024 7:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, yaraye itoye Umunyarwanda Ernest Rwamucyo ngo abe Perezida w’Inama y’Ubutegetsi y’uyu muryango.

Ni inshingano asimbuyeho  umunya Denmark kazi witwa Christina Markus Lassen wari umaze umwaka kuri izi nshingano.

Rwamucyo yavuze ko azakora uko ashoboye agakomeza guteza imbere gahunda y’uko Buri Mwana Akwiye Ibyiza, ikaba gahunda yo kurwanya igwingira, imibereho mibi cyangwa ihohoterwa bikorerwa abana hirya no hino ku isi.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu bishimirwa umuhati bishyira mu kwita ku mibereho myiza y’abana.

Kimwe mu byo UNICEF Rwanda iherutse gushyiraho mu kuzamura imibereho y’abana ni gahunda y’igi rimwe kuri buri mwana kandi buri munsi.

Iyo gahunda igamije ko abana bakura barya amagi bikabarinda kugwingira.

Mu Rwanda kubona igi ntibigoye nko kubona amata cyangwa inyama byo guha abana kuko ubworozi bw’inka buhenda kurusha ubw’inkoko.

Rwamucyo kandi asanzwe ari we uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye aho yagejeje impapuro zimwerera izi nshingano kuri Antonio Guterres taliki 07, Ukuboza, 2023.

Mbere y’izi nshingano yabanje guhagararira u Rwanda mu Buyapani, akabifatanya no kuruhagararira muri Malaysia, Philippines na Thailand.

Ni imirimo yakoraga guhera mu mwaka wa 2020.

Hagati y’umwaka wa 2013 n’umwaka wa 2020 yari ahagarariye u Rwanda mu Buhinde, akabifatanya no kuruhagararira muri Sri Lanka na Bangladesh.

Guhera mu mwaka wa 2010 kugeza mu mwaka wa  2013, yahagarariye u Rwanda mu Bwongereza no muri Irleand.

Hagati aho kandi yakoze imirimo itandukanye mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe amajyambere ku cyicaro cyaryo muri New York, aba umujyanama mu by’iterambere n’igerwaho ry’intego z’iterambere z’ikinyagihumbi bitanga Millennium Development Goals akora n’indi mirimo muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi hagati y’umwaka wa 2004 kugeza mu mwaka wa 2006.

Twavuga kandi ko Erenst Rwamucyo yigeze gushingwa igenamigambi mu buyobozi bukuru bwa FPR Inkotanyi, icyo gihe hari mu mwaka wa 2002 kugeza mu mwaka wa 2004.

Hari n’izindi nshingano yujuje mu bihe n’ahantu hatandukanye.

This morning, Amb @ErnestRwamucyo was elected as President of @UNICEF_Board

🇷🇼 is deeply honored by the trust bestowed upon it by the Board members and eagerly anticipates collaborative efforts #ForEveryChild
Congratulations to @Denmark_UN, for a successful year 2023 pic.twitter.com/ydqGWDdeEe

— Mission of Rwanda UN 🇷🇼 (@RwandaUN) January 10, 2024

TAGGED:AbanafeaturedRwamucyoRwandaUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bagiye Muri Gabon Gushaka Aho Bashora Imari
Next Article U Rwanda Ruri Kureshya Ba Mukerarugendo Benshi Mu Burayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?