Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwenya W’Icyamamare Ku Isi Steve Harvey Arashaka Gushora Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Umunyarwenya W’Icyamamare Ku Isi Steve Harvey Arashaka Gushora Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2024 6:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Steve Harvey
SHARE

Steve Harvey kuri uyu wa Gatatu yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku nzego yazashoramo imari cyane cyane mu byerekeye imyidagaduro. Ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ubusanzwe yitwa Broderick Stephen Harvey Sr akaba yaravutse taliki 17, Mutarama, 1957.

Ni umwe mu bakinnyi ba filimi n’abanyarwenya bakomeye bo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ibiro bya Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda bivuga ko ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame byatinze ku mikoranire hagati ye n’u Rwanda mu nzego zirimo n’ishoramari mu by’imyidagaduro.

Harvey nawe yaje gushima uko yakiriwe mu Rwanda, avuga ko umuvandimwe  we Paul Kagame yamwakiranye urugwiro mu Biro bye biri mu nyubako yitwa Village Urugwiro.

Yagize ati: “ Twishimiye kwicarana no kuganira n’umuvandimwe wacu Perezida Paul Kagame. Nishimiye uko Yakira abantu kandi byatweretse  ko igihugu ayoboye gifite ejo hazaza heza”.

Ku wa Mbere taliki 18, Ugushyingo, 2024 nibwo yageze mu Rwanda atemberezwa hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.

Yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gisozi yunamira imibiri y’abahashyinguye.

Steve Harvey ni icyamamare gikomeye haba mu myidagaduro mu gukina filimi no mu kwandika.

Akora n’ubushabitsi butandukanye.

Akora ibiganiro kuri televiziyo bitandukanye harimo The Steve Harvey Morning Show, Family Feud na Celebrity Family Feud.

Yatangiye gukora ibyo gusetsa abantu mu mwaka wa 1980, nyuma aza gukomeza mu byo kwandika ibitabo.

Afite abana batanu n’abazukuru batatu. Uyu mugabo ni Umukirisitu kandi avuga ko kwamamara kwe agukesha kubaha Imana. Harvey aharanira ko amadini abana yubahana harimo na Islam, ikindi ni uko atarya inyama.

Ikinyamakuru kitwa Celebrity Net Worth cyo mu mwaka wa 2024 kivuga ko uyu mugabo afite umutungo ungana na miliyoni $200.

President Kagame met Steve Harvey, @IAmSteveHarvey during his visit to Rwanda. Their discussions focused on potential areas of investment and partnership in various sectors including events and entertainment. pic.twitter.com/3JLy1sm7o9

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) November 20, 2024

TAGGED:AbanaAmerikafeaturedIcyamamareImana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Abaturage Basabwe Kuzibukira Inzoga Ahubwo Bagakora
Next Article Rwandair Yatangiye Ingendo Z’Imizigo Muri Zimbabwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?