Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuraperi J. Cole Wo Muri Amerika Agiye Gukinira Patriots BBC Muri BAL 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umuraperi J. Cole Wo Muri Amerika Agiye Gukinira Patriots BBC Muri BAL 2021

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2021 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuraperi J. Cole wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byamaze kwemezwa ko azakinira Patriots BBC mu irushanwa rya Basketball Africa League, BAL, rizahuza amakipe 12 yo mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Imikino y’iri rushanwa yose izabera muri Kigali Arena, kuva ku wa 16-30 Gicurasi.

Umutoza mukuru waPatriots BBC, Alan Major, yemeje ko uriya muraperi azayikinira kandi ko amaze iminsi mike mu Rwanda, akaba akomeje kwitegura.

Yabwiye RBA ati “Ni umusore wifuza gukina kandi mu buryo buhoraho.”

J. Cole yageze mu Rwanda ku wa Gatandatu. Ni umwe mu bashobora gutuma iri rushanwa rirushaho guhangwa amaso ku rwego mpuzamahanga, kurusha uko bimeze mu gihugu kugeza ubu.

Uyu musore w’imyaka 36 ubusanzwe yitwa Jermaine Lamarr Cole.

Asanzwe ari n’umukinnyi w’umuhanga muri Basketball, wigaragaje cyane cyane mu rwego rwa za Kaminuza, nubwo igihe cye kinini yaje kugiharira umuziki w’injyana ya Rap.

Amakipe 12 yabonye itike yo gukina Basketball Africa League ku nshuro ya mbere ni Patriots (Rwanda), GNBC (Madagascar), Ferroviario de Maputo (Mozambique), AS Douanes (Sénégal), AS Police (Mali), AS Sale (Maroc), GS Petroliers (Algérie), FAP (Cameroun), Petro de Luanda (Angola), Rivers Hoopers (Nigeria), Union Monastir (Tunisia) na Zamalek (Misiri).

BAL yagombaga kuba hagati ya Werurwe na Gicurasi 2020, ikabera mu bihugu bitandatu bya Afurika ariko igasorezwa i Kigali.

Yaje gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus cyibasiye Isi, nyuma yo gusubukurwa, imikino yose ikazabera mu Rwanda.

Patriots izatangira imikino yayo ku Cyumweru, ikina na Nigeria River Hoopers.

j. cole meanwhile in rwanda pic.twitter.com/WnnciCAwRn

— buckets (@buckets) May 10, 2021
TAGGED:Alan MajorBAL 2021BasketballfeaturedJ. Cole
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kazura Na IGP Munyuza Bagiriye Uruzinduko Muri Tanzania
Next Article Umufaransa Ukekwaho Gutoza Abarwanyi Ba Bozizé Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?