Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuraperi J. Cole Wo Muri Amerika Agiye Gukinira Patriots BBC Muri BAL 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umuraperi J. Cole Wo Muri Amerika Agiye Gukinira Patriots BBC Muri BAL 2021

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2021 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuraperi J. Cole wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byamaze kwemezwa ko azakinira Patriots BBC mu irushanwa rya Basketball Africa League, BAL, rizahuza amakipe 12 yo mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Imikino y’iri rushanwa yose izabera muri Kigali Arena, kuva ku wa 16-30 Gicurasi.

Umutoza mukuru waPatriots BBC, Alan Major, yemeje ko uriya muraperi azayikinira kandi ko amaze iminsi mike mu Rwanda, akaba akomeje kwitegura.

Yabwiye RBA ati “Ni umusore wifuza gukina kandi mu buryo buhoraho.”

J. Cole yageze mu Rwanda ku wa Gatandatu. Ni umwe mu bashobora gutuma iri rushanwa rirushaho guhangwa amaso ku rwego mpuzamahanga, kurusha uko bimeze mu gihugu kugeza ubu.

Uyu musore w’imyaka 36 ubusanzwe yitwa Jermaine Lamarr Cole.

Asanzwe ari n’umukinnyi w’umuhanga muri Basketball, wigaragaje cyane cyane mu rwego rwa za Kaminuza, nubwo igihe cye kinini yaje kugiharira umuziki w’injyana ya Rap.

Amakipe 12 yabonye itike yo gukina Basketball Africa League ku nshuro ya mbere ni Patriots (Rwanda), GNBC (Madagascar), Ferroviario de Maputo (Mozambique), AS Douanes (Sénégal), AS Police (Mali), AS Sale (Maroc), GS Petroliers (Algérie), FAP (Cameroun), Petro de Luanda (Angola), Rivers Hoopers (Nigeria), Union Monastir (Tunisia) na Zamalek (Misiri).

BAL yagombaga kuba hagati ya Werurwe na Gicurasi 2020, ikabera mu bihugu bitandatu bya Afurika ariko igasorezwa i Kigali.

Yaje gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus cyibasiye Isi, nyuma yo gusubukurwa, imikino yose ikazabera mu Rwanda.

Patriots izatangira imikino yayo ku Cyumweru, ikina na Nigeria River Hoopers.

j. cole meanwhile in rwanda pic.twitter.com/WnnciCAwRn

— buckets (@buckets) May 10, 2021
TAGGED:Alan MajorBAL 2021BasketballfeaturedJ. Cole
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kazura Na IGP Munyuza Bagiriye Uruzinduko Muri Tanzania
Next Article Umufaransa Ukekwaho Gutoza Abarwanyi Ba Bozizé Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?