Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushahara Wa Perezida Wa FERWAFA Wazamuwe Cyane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Umushahara Wa Perezida Wa FERWAFA Wazamuwe Cyane

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

CAF yemeje ko amafaranga yagenerwaga abayobozi ba za Federasiyo z’umupira w’amaguru hirya no hino muri Afurika uzamurwaho 150% akagera ku bihumbi 50$.

Bivuze ko Munyentwari Alphonse uyobora FERWAFA agiye kujya ahabwa asaga Miliyoni Frw 65 buri mwaka.

Perezida wa CAF Patrice Motsepe niwe wabyemeje mu kiganiro yahaye Televiziyo ya Afurika y’Epfo yitwa SABC.

Avuga ko yagenzuye asanga burya ngo aba bayobozi  nta mafaranga bagira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “Bamwe mu ba Perezida banyu ntaho baba bafite ho gukura kandi bagomba kuyobora amashyirahamwe. Twafashe icyemezo cyo kugira icyo tubaha nubwo bidahagije ariko byibura duhe agaciro ubushake n’ubwitange bagaragaza”.

Uyu mwanzuro w’umuherwe Motsepe uzungura benshi barimo na Perezida wa FERWAFA, Alphonse Munyentwari uko buri mwaka azajya akora ku $50,000.

Bivuze ko umushahara we wikubye kabiri n’igice kuko yarasanzwe ahabwa $ 20,000 ku mwaka.

Ubuyobozi bwa CAF buvuga ko uyu mwanzuro mu buryo budasubirwaho uzafatirwa mu Nteko rusange yayo izabera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo taliki 10, Ukwakira, 2024.

Ubu buyobozi kandi buherutse kwemeza ko $50,000 bizajya bihabwa n’amakipe akina amajonjora y’ibanze mu mikino nyafurika, bigakorwa mu rwego rwo gukangurira amakipe menshi kwitabira amarushanwa.

- Advertisement -

Kugeza ubu mu Rwanda amakipe yafashe kuri ayo mafaranga ni APR FC na Police FC.

Ku rundi ruhande, buri mwaka CAF  igenera FERWAFA  $ 400,000 ni ukuvuga arenga Miliyoni Frw 520 kugira ngo iteze imbere ruhago.

Si FERWAFA iyahabwa gusa kuko n’andi mashyirahamwe nkayo nayo ayahabwa.

Umuherwe Motsepe
TAGGED:featuredFERWAFAMunyentwariUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Musonera Washatse Kuba Umudepite Araburana Kuri Jenoside
Next Article Ubufatanye Bw’Afurika N’Ubushinwa Buzakomeza Gutera Imbere- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?