Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushinjacyaha Arasobanurira u Rwanda Aho Ibya Kayishema Bigeze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umushinjacyaha Arasobanurira u Rwanda Aho Ibya Kayishema Bigeze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushinjacyaha mukuru w’Urwego rwasigariyeho urukiko rwari rwarashyiriweho gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda Serge Brammertz arasura u Rwanda kugira ngo ageze ku bayobozi aho iby’urubanza rwa Fulgence Kayishema bigeze.

Brammertz azarangiza uruzinduko rwe taliki 28, Nyakanga, 2023.

Fulgence Kayishema aherutse gufatirwa muri Afurika y’Epfo yabaga yariyoberanyije, akora akazi ko kurindira umutekano urwuri rw’aho.

Kayishema ashinjwa uruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyange( ni mu Karere ka Ngororero), icyo gihe akaba yari umupolisi mukuru.

Mu biganiro bye, Serge Brammertz azaganira n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abahagarariye IBUKA.

Intego ye nkuru ni ukubwira abo muri izo nzego uko urubanza rwa Kayishema ruri kugenda kuva yafatwa.

Azababwira kandi n’aho iby’urubanza rwa Kabuga rugeze.

Amakuru kandi avuga ko azaganira na Minisitiri  w’ubutabera Dr. Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean-Damascène Bizimana, Umushinjacyaha mukuru, Aimable Havugiyaremye n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye.

TAGGED:AbatutsiBrammertzfeaturedJenosideKayishemaUmushinjacyahaUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana 11 B’Abakobwa Bagwiriwe N’Inzu
Next Article Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?