Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushinwa Wakoreye Abanyarwanda Iyicarubozo Yakatiwe Gufungwa Imyaka 20
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umushinwa Wakoreye Abanyarwanda Iyicarubozo Yakatiwe Gufungwa Imyaka 20

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2022 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kanama 2021 nibwo inkuru y’Umushinwa witwa Shujun Sun wagaragaye akubitira Abanyarwanda ku giti baboheye inyuma yabaye kimomo. Urwego rw’igihugu rwamushyikiriye ubushinjacyaha araburanishwa none yaraye akatiwe gufungwa imyaka 20.

Nyuma y’iyi nkuru Ambasade y’Ubushinwa yamaganye ibyo uriya mugabo yakoze, ivuga ko u Bushinwa n’u Rwanda ari ibihugu bibanye neza, ko nta wagombye guhohotera umuturage wa kimwe muri ibi bihugu byombi.

Nyuma y’amezi abiri( ni ukuvuga mu Ukwakira, 2021) icyaha gikozwe, Urukiko rwaburanishije ruriya rubanza rwanzuye ko uriya Mushinwa aburanishwa ari hanze, ariko hanze ariko pasiporo ye igafatirwa, akanatanga ingwate ya miliyoni10Frw kandi akajya  yitaba urukiko.

Mu iburanisha , Shujun Sun yemeye ko yakubise aba bantu ariko bitari ku rwego rw’iyicarubozo, ngo kwari ukubahana nk’abaguye mu makosa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubushinjacyaha bushingiye ku bimenyetso bwagaragarije urukiko, bwasabye ko Shujun Sun ahanishwa igifungo cy’imyaka 20.

Icyifuzo cy’ubushinjacyaha urukiko rwasanze gifite ishingiro, rwemeza ko uriya mugabo ahanishwa igifungo cy’imyaka 20.

Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi  rwategetse ko uwakorewe  iyicarubozo witwa Bihoyiki Déo, ahabwa indishyi y’akababaro ingana na miliyoni 2.5Frw.

Hari abandi bantu babiri bareganwaga na Sun aribo Alexis Renzaho wakatiwe gufungwa imyaka 12 ariko mugenzi we witwa Léonidas Nsanzimana agirwa umwere.

Twibukiranye uko byagenze…

- Advertisement -

Nyuma y’uko video yerekana uriya Mushinwa akubitira ku giti Abanyarwanda, Taarifa yashatse kumenya uko ibintu byegenze kugeza kuri ruriya rwego.

Umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Rutsiro icyo gihe yatubwiye ko bariya bantu babiri bagaragaye baziritse ku musaraba bakubitwa, bari bamaze icyumweru bavanywe mu Karere ka Nyamasheke baza gufungirwa i Rutsiro.

Muri Nyamasheke niho ikigo uriya Mushinwa yakoreraga cyari gifite ibirombe acukuramo amabuye y’agaciro nk’uko amakuru dufite abyemeza.

Kugira ngo bimenyekane rero,  byatewe n’uko uriya Mushinwa Shujun Sun yagiranye ikibazo na bamwe mu bakozi bakoranaga noneho baza kumwihimuraho bashyira hanze video akubita bariya basore.

Ngo byabaye hashize Icyumweru abavanye i Nyamasheke, benewabo barababuze.

Nyuma yo kubabura nibwo baperereje baza kumenya ko Umushinwa yabimuriye muri Rutsiro  aho afite ibindi birombe by’amabuye y’agaciro.

Wa muyobozi waduhaye amakuru icyo gihe, yatubwiye ko Shujun Sun amaze kugeza bariya basore i Rutsiro, yabafungiye ahari ibiro by’ikigo cye gicukura amabuye y’agaciro.

Bagenzi babo babwiye inzego ko ku manywa yabashyiraga kuri biriya biti akabazirika, agacishamo akabazitura imigozi, abaryoza amabuye y’agaciro ngo bibiye i Nyamasheke.

Bisa n’aho kubajyana i Rutsiro kwari ukubahungisha benewabo.

Hari bamwe mu bakozi babibonaga bagafata amashusho kuko muri icyo gihe nta kibazo bari bafitanye na Shebuja.

Aho ibibazo byavukiye hagati yabo na Shebuja nibwo batangaje iriya video yatumye Sun akurikiranwa kugeza icyaha kimuhamye.

Iyo uyitegereje ubona ko yafashwe n’umuntu wari uri ku ruhande rw’ibumoso rw’aho Shujun Sun yari aherereye akubita bariya basore kandi ubona ko uriya muntu yafashe ariya mashusho nta mususu.

Ngo ariya mashusho yafashwe mbere ariko ntiyahita atangazwa. Yaje gutangazwa hashize Icyumweru.

Ikindi ni uko ngo muri kariya gace hari hamaze igihe runaka hari imvugo y’uko ‘Umushinwa agukoresha washaka ugapfa kuko yishyuye.’

Hari umukobwa wo muri biriya bice wabwiye Taarifa ati: “Inaha hari imvugo ivuga ko Umushinwa ntaho wamurega, kuko aba yarishyuye.”

Kimwe mu byo twamenye bituma Abanyarwanda bahohoterwa ni uko hari ubwo bahabwa icyatse( task) batakirangiza ku masaha yagenwe bakongererwa andi kandi bakayakora ari nako inkoni ibari ku mugongo.

Ayo masaha kandi ngo ntibayishyurirwa.

Ikigo uriya Mushinwa akorera kitwa ALI GROUP HOLDING LTD gikora imirimo yo gusana imihanda yangiritse  ndetse kigacukura n’amabuye y’agaciro hamwe na hamwe mu Rwanda.

Taarifa yagerageje kubaza muri Ambasade y’u Bushinwa uko bakiriye icyemezo cy’urukiko rwahanishije umuturage w’u Bushinwa gufungwa imyaka 20, basubiza ko Ambasade iri bugire icyo ibitangazaho mu gihe kiri imbere.

Aho kibonekera, turakigeza ku basomyi b’inkuru zacu.

Icyakora mu mwaka ushize nyuma y’ifatwa ry’uriya mugabo, Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda witwa Wang Jiaxin akaba n’Umujyanama mu by’ubukungu n’ubucuruzi muri iriya Ambasade yasohoye itangazo ryamagana uriya Mushinwa.

Ryavugaga ko ibyo yakoze ari ‘ugutandukira.’

AKUMIRO: Abanyarwanda Bakubitiwe N’Umushinwa I Rutsiro Bari Barashimuswe I Nyamasheke

TAGGED:AmabuyeAmbasadefeaturedNyamashekeRutsiroUmushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirere Kibi Cyatumye Indege Ya RwandAir Igushwa Mu Gishanga
Next Article Umushinwa Shujun Sun Yagejejwe Muri Gereza Ya Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?