Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Umutekano Uhagaze Neza Mu Gihugu No Ku Nkiko Zacyo’-Minisitiri W’Umutekano Gasana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Umutekano Uhagaze Neza Mu Gihugu No Ku Nkiko Zacyo’-Minisitiri W’Umutekano Gasana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2022 1:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alfred Gasana avuga ko muri rusange umutekano umeze neza mu Rwanda imbere no ku nkiko zacyo. Yavuze ko n’ubwo ibintu bimeze gutyo ariko abantu batagombye kwirara.

Avuga ko hari ibindi byaha bikigaragara mu Rwanda kandi bigomba kurwanywa. Ibyo birimo ubujura, ibiyobyabwenge n’ubusinzi.

Minisitiri Gasana yavuze ko ari ngombwa ko urubyiruko rwirinda ibiyobyabwenge kandi rukabyirinda mu buryo bwose.

Ubwo buryo avuga ni ukubinywa, kubicuruza no kubitunda bikwizwa hirya no hino mu Rwanda.

Ati: “  Twitabire umurimo tubyaze umusaruro amahirwe igihugu kiduha twitabire gahunda za Leta tunazikangurire abandi.”

Minisitiri Alfred Gasana avuga ko ari byiza ko Abanyarwanda bakura mu bitekerezo, cyane cyane imyumvire igahinduka abantu bakava mu bikorwa bidafitiye igihugu akamaro.

Yabwiye urubyiruko rwari rumuteze amatwi ko ari rwo mbaraga z’igihugu kandi ko rugomba kurangwa n’indangagaciro ziranga Abanyarwanda rukitandukanya  n’ibikorwa bihungabanya umutekano.

CP Bruce Munyambo uyobora Ishami rya Polisi rikorana na ruriya rubyiruko ryitwa Community Policing
Abayobozi muri Polisi bakora mu ishami rya Community Policing. Hagati ni Assistant Commissioner of Police( ACP) Teddy Ruyenzi

Ibindi byaha yababwiye ko bagomba kureka harimo gukora, kunywa no gucuruza inzoga z’inkorano, ibikorwa by’ubutekamutwe (kwiba amafaranga, kwizezwa akazi mu mahanga, nibindi…), ruswa, magendu, gusambanya abana, amakimbirane mu ngo, guta ishuri ,gukubita no gukomeretsa, kwambuka imipaka binyuranyije n’amategeko, kwangiza amatungo n’imitungo , gufata ku ngufu, imikoreshereze mibi y’imbuga nkoranyambaga (YouTube, Twitter, Facebook, Instagram) n’ibindi.

Urubyiruko rw’abakorerabushake Minisitiri w’Umutekano Alfred Gasana yahaye ziriya nama ni urwo mu Ntara y’i Burengerazuba bari bamaze iminsi mike bahugurirwa mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Muri Mata, 2022 Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda nawe yabwiye urubyiruko ko ari rwo rugomba kuzirikana ko u Rwanda rw’ejo hazaza ari rwo ruri mu maboko.

Ati: “ Turifuza urubyiruko rudakoresha ibiyobyabwenge, rudakora magendu, rurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, rudakora ubujura, urubyiruko rufite isuku, rurwanya ruswa, rutanga serivise nziza, urubyiruko rwimakaza umutekano, imibereho myiza ndetse n’iterambere ry’Abanyarwanda.”

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, ni itsinda ry’urubyiruko ryashinzwe mu mwaka wa 2013.

Rukora ibikorwa by’ubukorerabushake mu guteza imbere igihugu harimo no kukirindira umutekano.

TAGGED:featuredPolisiRwamaganaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamerika Yanduye Imbasa
Next Article Aba Maasai Bo Muri Tanzania Bari Mu Kaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?