Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutekano W’u Rwanda Urakajijwe Ku Mipaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umutekano W’u Rwanda Urakajijwe Ku Mipaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2023 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nyuma yo kubona ko Repubulika ya Demukarasi ya Congo ikomeje ubushotoranyi, yahisemo gukaza ingamba zo kurinda imipaka yose umwanzi yacamo.

Itangazo rivuga ko ibikorwa bya DRC ari ubushotoranyi bwo kugira ngo u Rwanda rwinjire mu ntambara, ariko ngo rwahisemo kurinda imipaka yarwo haba ku butaka no mu kirere.

U Rwanda ruvuga ko DRC ikomeje  kwegeranya intwaro n’abarwanyi b’abacanshuro bo kurutera.

Ibi byose ngo biri gukorerwa mu gace karuturiye.

Kubera iyo mpamvu, ubuyobozi bw’u  Rwanda buvuga ko umutekano ku mipaka yarwo wakajijwe kandi ko butazemerera umuntu uwo ari we wese gutera u Rwanda icyo yakoresha icyo ari cyo cyose n’aho yaba aturutse hose.

Ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yikomye Amerika kubera ko ngo ikomeje imyitwarire isa niha DRC uburyo bwo kumva ko irengana, ko u Rwanda ari rwo ruyishotora kandi mu by’ukuri ari yo iha imbaraga FDLR ngo kera kabaye itazere u Rwanda.

Yolande Makolo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda

U Rwanda ruvuga ko kuva iki kibazo cyatangira rwakoranye kandi ruzakomeza gukorana n’abandi mu kugishakira umuti urambye.

Rwemeza ko ibyo bitazarubuza kurinda abarutuye n’abarusura.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ishima umuhati w’Afurika yunze ubumwe mu kureba uko ikibazo cya DRC cyakemurwa, ariko rugasaba ko n’ibyemerejwe i Luanda n’i Nairobi nabyo bitarenzwa ingohe.

Iby’uko FDLR ari umutwe wa baringa, u Rwanda rubwira Amerika n’abandi bose babitekereza batyo ko bibeshya kuko uyu mutwe ukora kandi ukorana n’ingabo za DRC bagamije kuzatera u Rwanda.

TAGGED:AmasezeranofeaturedImipakaRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bola Tinubu Arahabwa ‘Amahirwe’ Yo Kuyobora Nigeria
Next Article ‘Promo Itwika’: Gahunda Ya Canal + Yo Gushyira Abanyarwanda Igorora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?