Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutoza Adil Wa APR FC Ati: ‘Uburiye Mukwe Ntako Aba Atagize’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umutoza Adil Wa APR FC Ati: ‘Uburiye Mukwe Ntako Aba Atagize’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2022 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko APR FC itsinzwe na US Monastir, umutoza mukuru Adil Erradi Muhammed yavuze ko burya ‘uburiye mukwe ntako aba atagize.’ Ngo icyo abakinnyi be batakoze ni icyo batari bashoboye.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, hari Taliki 18, Nzeri, 2022, ikipe US Monastir yatsinze APR FC ibitego 3-0.

Hari  mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabereye muri Tunisia.

Ikipe APR FC  y’ingabo yahise isubiza amerwe mu isaho, iba isezerewe ityo!.

Mu mukino wabanje US Monastir yari yatsinze APR FC igitego kimwe ku busa.

Nyuma y’uyu mukino uheruka umutoza Adil Erradi Muhammed yabwiye abanyamakuru ko ari rwo rwego rw’ikipe ye.

Mu buryo bweruye Adil yavuze ko abakinnyi ikipe  ye ifite nta bushobozi bwo kugera kure muri aya marushanwa bafite!

Uyu mugabo ukomoka muri Maroc si ubwa mbere yeruye akavugira imbere y’itangazamakuru ko abakinnyi be bafite urwego rw’imikinire ruri hasi.

Vuba aha yavuze ko ikipe atoza nta ba rutahizamu bahagije igira.

Hashize imyaka icumi ubuyobozi bwa APR FC bwiyemeje gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda  GUSA.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwari buherutse gusaba abakinnyi bayo kuzakomeza gushyiramo imbaraga bagatsinda US Monastir.

Icyo gihe  Umuyobozi mukuru w’icyubahiro wa APR F.C, Gen James  Kabarebe ari kumwe na Chairman wayo Lt Gen MK MUBARAKH basuye iyi kipe bayishimira uko yitwaye ubwo yakinaga US Monastir mu mukino wa mbere.

Icyo gihe Gen Kabarebe yashimiye abakinnyi ba APR FC uko bitwaye anabibutsa ko bakibakeneye no  mu mukino wo kwishyura.

Lt Gen Mubarakh Muganga usanzwe uyobora APR FC  nawe yashimye uko ikipe yitwaye.

Mu ijambo rye, Gen James Kabarebe  yavuze ko ubuyobozi bwa APR  FC n’Abanyarwanda muri rusange bari babategerejeho intsinzi kuri Monastir mu mikino wo kwishyura.

Icyakora iki cyifuzo nticyagezweho, ubu hakaba hitezwe kuza kureba icyo ubuyobozi bwa APR FC buri bukore nyuma y’uko Adil atsinzwe uruhenu.

Gen Kabarebe Yashimiye APR FC Uko Yitwaye Kuri US Monastir

TAGGED:AdilAPRFCIkipeKabarebe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhabwa Serivisi Nziza Bijyane No Kunyurwa N’Ibyemezo By’Inzego-RIB Ibwira Abaturage
Next Article Muri COMESA Ubuziranenge Bw’Ibikoresho Bitanga Ingufu ‘Zisubira’ Burakemangwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?