Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2025 9:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imyaka bari bizeyeho amaramuko mu gihe kizaza yumiye mu murima.
SHARE

Ibinyujije mu mushinga witwa KIWIMP, Leta y’u Rwanda igiye gutangiza ubuhinzi bukoresha amazi yuhizwa imyaka buzakorerwa kuri hegitari 4000 mu mirenge ya Kayonza ikunze kugira amapfa.

Ni umushinga izamara imyaka itandatu ukaba ufite ingengo y’imari ya Miliyari Frw 300.

Imirenge izashyirwamo imbaraga ni iya Ndego na Kayonza kandi Umuyobozi w’Umushinga KIWIMP ushinzwe ibyo bikorwa, Uwitonze Théogène, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yiyemeje gukwirakwiza amazi aho hose.

Ati: “Tuzibanda mu kuhira imyaka, cyane cyane muri Ndego. Leta yateganyije kuhira hegitari 4000, ku buryo bugezweho dukoresha bya byuma bigezweho byuhira bizenguraka.”

Ndetse ngo ni umushinga ugeze kure kuko n’amasoko yaratanzwe ngo ba rwiyemezamirimo bayapiganirwe.

Ati: “Inyigo zararangiye, twamaze gutanga isoko ryo kubaka kuri hegitari 2 400, izindi 2 000 ziri mu nyigo. Ibyo bihumbi birenga bine, nibimara gutungana icyibazo cy’inzara kizakemuka mu buryo bwa burundu.”

Uyu mushinga uzarangira mu mwaka wa 2031 ukazibanda cyane ku mirenge ikunze kumagara kubera izuba.

Bimwe mu biri mu isoko ripiganirwa bigaragaza ko mu kwezi kwa 1 n’ukwa 2 nyuma yo gutangira kubaka, bitanga icyizere ko  twiteguye ko mu kwezi kwa Cyenda k’umwaka utaha(2026) ahazaba habonetse hazatangira kuhirwa.

Ibice byegeye ibiyaga nibyo bizibandwaho nyuma amazi yazarangiza kuzamurwa, avanwa mu biyaga bya Nasho, Kibare n’icy’Ihema ajyanwa mu byobo byabugenewe bita dams azacukurwa acishwa ku misozi yoherezwa mu mirima y’abaturage.

Uwitonze ati: “Duzafata amazi tujye tuyabika mu bidendezi byabugenewe ku misozi, noneho akajya amanuka yuhira.”

Uwitonze Théogène avuga ko izi mashini zizajya zikoresha imirasire y’izuba mu gukurura no kuzamura amazi no kuyacisha aho hose ngo agere mu mirima.

Uyu muyobozi yabwiye Imvaho Nshya ko hari inzu 50 zihingwamo kijyambere bita green houses zizubakwa hafi aho zikazaha urubyiruko akazi kandi uko ibintu bizarushaho kuba byiza ni uko kuhira bizagezwa no mu mirenge yindi nka Ruramira na Kabarondo muri Kayonza.

Hazaterwa n’imbuto ziribwa ndetse n’amashyamba bijyane no guca amataresi kugira ngo bakomeze guhangana n’imihindagurire y’ibihe.

TAGGED:AmapfafeaturedIkirereKayonzaKuhiraLetaUmushinga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10
Next Article Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Miliyari Frw 6.7, Imwe Iyiha Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?