Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Muri Gakenke Afunzwe Akurikiranyweho Gutema Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Muri Gakenke Afunzwe Akurikiranyweho Gutema Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2021 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Habarurema Jephte hamwe na Habarurema Desiré bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Mukamusoni Esperance, uyu akaba ari umugore wa Habarurema, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu Karere ka Burera, ariko bari batuye mu Murenge wa Rugarama.

Ku Cyumweru tariki 08, Kanama, 2021 nibwo Habarurema Jephte wari ushinzwe irangamimirere mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke yatemye mu mutwe umugore we witwa Espérance Mukamusoni.

Iki kibazo cyari kimaze igihe ndetse mu mwaka wa 2018, uriya mugore yari yarigeze kwishinganisha, avuga ko umugabo we amutoteza.

Amakuru Taarifa yabonye avuga ko bombi bageze aho baratandukana ndetse banagabana imitungo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Cyumweru gishize rero, uriya mugore ngo yagiye gusura umugabo we aho atuye muri Burera nibwo, abaturanyi bumvise atatse baza gutabara basanga yatemwe mu mutwe.

Ku rubuga rwa Polisi handitse ko uriya mugabo yari yarigeze gukora ibya nka kiriya.

Yamutemye mu mutwe. Aha bari bamaze kumudoda

Abafashwe bafunzwe mu gihe iperereza rigikomeje.

Mu mwaka wa 2019, hari undi muyobozi mu Karere ka Musanze watawe muri yombi Urwego rw’Ubugenzacyaha bumurikiranyweho ‘gupfura umugore we’ imisatsi.

Uwo muyobozi yitwaga Augustin Ndabereye

- Advertisement -

Yari asanzwe ari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu.

Abayobozi bajya bagaragara mu guhohotera abaturage…

Ni kenshi inzego z’umutekano zifata zikanafunga abayobozi zibakurikiranyeho guhohorera abaturage.

Ubu mu Karere ka Nyagatare hari urubanza Umukuru w’Umudugudu akurikiranyweho rwo gukubita abanyamakuru bari mu kazi.

Nyuma y’ibyo Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi uriya mukuru w’umudugudu witwa Kalisa Sam.

Ibyo guhohotera abaturage biri gukorwa mu gihe Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu JMV Gatabazi yari  aherutse kwihaniza abayobozi cyane cyane abo mu nzego z’ibanze ababuza guhohotera abaturage.

TAGGED:featuredGakenkeMusanzePolisiUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubunyarwanda Muri Mozambique
Next Article Hari Abanshidikanyagaho Ngo Sinayobora Igihugu Kuko Ndi Umugore- Perezida Suluhu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?