Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Islamic State Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa Islamic State Yishwe

admin
Last updated: 03 February 2022 4:19 pm
admin
Share
Iyi nyubako ni yo yaguyemo umuyobozi wa Islamic State
Iyi nyubako ni yo yaguyemo umuyobozi wa Islamic State
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi wayoboraga umutwe wa Islamic State yishwe, mu gitero cyagabwe mu majyaruguru ya Syria.

Amakuru yatangajwe avuga ko al-Qurayshi yaturikije igisasu cyahise kimuhitana hamwe n’abagize umuryango we. Hemejwe ko abantu 13 bapfuye harimo abagore n’abana.

Perezida wa Amerika Joe Biden yatangaje ko ku mabwiriza yatanze, uriya mugabo yishwe mu ijoro ryakeye. Ni igitero cyamaze amasaha abiri.

Biden yavuze ko cyari kigamije kuburizamo iterabwoba, kurengera abaturage ba Amerika n’inshuti zayo no kugira ngo isi irusheho gutekana.

Ati “Kubera ubumenyi n’umurava by’ingabo zacu, twabashije kuvana mu ntambara Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi – umuyobozi wa ISIS. Abanyamerika bose bavuye muri icyo gikorwa amahoro.”

Muri icyo gitero kandi indege ya Amerika yaje kwangirika, bituma abasirikare bayituritsa mbere yo kuhava.

Iki gitero gikozwe mu gihe Islamic State yari ikomeje kwisuganya, nyuma y’uko mu minsi ishize yigaruriye gereza imwe mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Syria.

Al-Quraishi yagizwe umuyobozi wa IS ubwo Abu Bakr al-Baghdadi wayishinze yari amaze kwicwa mu Ukwakira 2019, na we aturikanywe n’ibisasu yateze.

Al-Qurayshi yishwe
TAGGED:Abu Bakr al-BaghdadiAbu Ibrahim al-Hashimi al-QurayshiIslamic State
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyihariye Ku Ruzinduko Rw’Isaha Imwe Perezida Kagame Yagiriye i Nairobi
Next Article Filozofe Prof Nzeyimana Ati: ‘ Coup d’Etat Ikorwa Ahantu Hari Icyuho Runaka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?