Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Polisi Ya Lesotho Yanyuzwe n’Imyitozo y’Abapolisi B’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Ya Lesotho Yanyuzwe n’Imyitozo y’Abapolisi B’u Rwanda

admin
Last updated: 26 August 2021 10:29 am
admin
Share
SHARE

Commissioner of Police Holomo Molibeli yasuye aho abapolisi b’u Rwanda batorezwa i Gishari mu Karere ka Rwamagana, avuga ko yajyaga yumva ibigwi byabo akifuza kureba aho bitoreza.

Yeretswe ibice bitandukanye bigize ishuri ry’amahugurwa ariko cyane cyane ahatangirwa imyitozo yo kumasha n’aho abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro batorezwa.

Aho hose habaga hari abapolisi basubiragamo uko iriya myitozo ikorwa.

Commissioner of Police Holomo Molibeli yagize ati “Najyaga numva mu itangazamakuru n’ahandi hatandukanye abantu baganira ku bigwi bya Polisi y’u Rwanda, nanjyaga numva ukuntu bavugwaho ubunyamwuga, ikinyabupfura n’umurava bikantera amatsiko yo kubasura.”

“Uyu munsi njye n’intumwa turi kumwe twagize amahirwe yo gusura ahatangirwa imyitozo itandukanye harimo n’abitegura kujya mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye.”

Yunzemo ko amasezerano y’ubufatanye Polisi y’u Rwanda yasinyanye na Polisi ya Lesotho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kanama, 2021 akubiyemo n’ibiyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mahugurwa.

Ngo hari icyo azafasha impande zombi.

Commissioner of Police Robert Niyonshuti uyobora Ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri i Gishari, yashimiye bariya bashyitsi basuye  ikigo ayobora, ababwira ko kungurana ubumenyi ari ingenzi ku bantu bahuje umwuga.

Ati “Uru ruzinduko rwanyu rufite agaciro gakomeye kandi amasezerano y’ubufatanye mwasinyanye na Polisi y’u Rwanda ni ingenzi cyane. Azadufasha kungurana ubumenyi mu bapolisi bacu nk’uko mwaje gusura iri shuri ritanga amahugurwa atandukanye ku bapolisi.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kanama, 2021 nibwo Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yatangiye gusura Polisi y’u Rwanda.

Incamake kuri Polisi ya Lesotho:

Mu magambo arambuye y’Icyongereza, Polisi y’ubwami bwa Lesotho yitwa Lesotho Mounted Police Service (LMPS).

Yashinzwe mu mwaka wa 1872, icyo gihe ikaba yari ifite abapolisi 110.

Mu mwaka wa 1878 nibwo yahawe uburenganzira bwo gushyiraho amapeti y’abari bayigize, ibuhabwa n’Abongereza bakolonizaga kiriya gihugu.

Icyo gihe yitwaraga nk’igisirikare kurusha ko yari Polisi y’abaturage.

Mu mwaka wa 1958, Abongereza barayivuguruye bayiha imyitwarire n’ubumenyi bigenewe abapolisi.

Mu mizo ya mbere, Polisi ya Lesotho yitwaga Basutoland Mounted Police, Basuto bukaba bwari ubwami bwayaboraga ahari Lesotho y’ubu.

Ishuri rya Polisi ya Lesotho, The national Police Training College (P.T.C) ryafunguwe bwa mbere mu mwaka wa 1946.

Abaryigamo bwa mbere baba bagomba kumara amezi 13 batozwa. Bagomba kuba bafite hagati y’imyaka 18 n’imyaka 30 y’amavuko.

Abakobwa batangiye kwemererwa kuba abapolisi ba Lesotho guhera mu mwaka wa 1970.

Commissioner of Police Holomo Molibeli yakirwa ku ishuri i Gishari

TAGGED:featuredHolomo MolibeliPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Igiye Gutangiza Ingendo Zijya Muri Zanzibar
Next Article KCB Group Yegukanye BPR, Iyihindurira Izina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?