Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwamikazi W’u Bwongereza ARAREMBYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwamikazi W’u Bwongereza ARAREMBYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2022 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo mu ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza bavuga ko uyu mubyeyi ugeze mu zabukuru, ari mu bitaro kandi ngo abaganga bahangayikiye ubuzima bwe.

Umwamikazi Elisabeth II afite imyaka 96 y’amavuko. Niwe muntu wayoboye u Bwongereza igihe kirekire kugeza ubu.

Nyuma y’uko abaganga bavugiye ko babona ubuzima bw’Umwamikazi bumeze nabo, bahise babimenyesha abo mu muryango we.

Babiri muri bo ari bo Charles na William bahise bajya kumuba hafi aho arwariye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaganga ntiberura ngo bavuge uko ubuzima bw’umwamikazi Elisabeth II buhagaze, ariko nanone baca amarenga ko butameze neza.

Minisitiri w’Intebe Liz Truss yavuze ko yifatanyije n’abo mu Muryango w’Umwamikazi kandi ngo n’Abongereza bose babari inyuma mu bibazo by’ubuzima umwamikazi ari mo.

Kuri uyu wa Gatatu Taliki 07, Nzeri, 2022, Umwamikazi Elisabeth II yategetswe n’abaganga be ko atagomba kuyobora inama yari iteganyijwe kuko ubuzima bwe babonaga ko butameze neza.

Ni mu nama Liz Truss yagombaga kurahiriramo ko atangiye imirimo mishya yo kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Umwamikazi Elisabeth II afite imyaka 96 y’amavuko

Ndetse ngo no mu Nteko ishinga amategeko aho yari burahirire, hatangarijwe ko iby’ubuzima bw’Umwamikazi Elisabeth II butameze neza kandi ko ikiri buhinduke cyose bari bukimenyeshwe.

- Advertisement -

Umwamikazi Elisabeth II amaze imyaka 70 ategeka u Bwongereza n’ibihugu byose bigize Commonwealth harimo n’u Rwanda.

Icyakora u Rwanda rwo ntiruramara igihe kirekire rwinjiye muri uyu muryango.

TAGGED:BwongerezaKurwaraUmwamikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uyu Munsi Nibwo Mbonye Amahano Ntigeze Mbona Mu Buzima- Mnangagwa Ku Rwibutso Rwa Gisozi
Next Article Dr Kalibata Avuga Ko Kugira Ngo Afurika Yihaze Mu Biribwa Bisaba No Kumenya Aho Byeze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?