Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwana W’Imyaka 11 Acuranga Piano Ku Rwego ‘Rwo Hejuru’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umwana W’Imyaka 11 Acuranga Piano Ku Rwego ‘Rwo Hejuru’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 8:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Leta ya Colorado, USA, hari umwana witwa Jude afite imyaka 11 y’amavuko uzi gucuranga icyuma cya piano ku rwego rwahoranywe ku myaka ye n’umuhanga witwa Mozart ((27, Mutarama, 1756 – 5, Ukuboza, 1791)

Uyu mwana yabwiye BBC ko iyo ageze kuri Piano aba yumva atayivaho. Amara amasaha atatu ku munsi ayikina.

Ababyeyi n’abandi bamuzi, bemeza ko iyo yumvise indirimbo kabiri, ubwa gatatu ahita ayiha amajwi kuri piano akaba amenye kuyicuranga.

Jude avuga ko impano afite yayihawe n’Imana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Impano yanjye nayikuye ku Mana.”

Ni Umwirabura w’Umunyamerika akaba atuye muri Leta ya Colorado.

Umwe mu bahanga cyane muri Piano witwa Bill Magnusson yaramusuye ngo arebe ubuhanga bamuvugaho, ariko yaramutangariye!

Magnusson yabwiye BBC ati: “ Uyu mwana iyo murebye nsanga afite ubuhanga nk’ubwa Mozart.”

Uyu mwana bamuguriye piano nini kugira ngo akomeze ayigireho bityo yagure ubumenyi bwe muri kiriya cyuma cy’umuziki kiri mu bikomeye kandi byifashishwa kurusha ibindi mu muziki ku isi.

- Advertisement -

Se wa Jude yitwa Isaiah Kofie.

Piano ni igikoresho cy’umuziki cy’ingirakamazo cyane

Mozart yari atangaje…

Wolfgang Amadeus Mozart  yavutse taliki 27, Mutarama, 1756 apfa taliki 05,Ukuboza, 1791. N’ubwo atarambye ku isi, ariko yasize yanditse kandi acuranze indirimbo 800.

Ubwoko bwose bw’indirimbo zacurangwaga mu gihe cye, yabukozemo indirimbo nyinshi kandi mu majwi ya piano.

Abanyamateka bavuga ko yatangiye gucuranga afite imyaka itanu ndetse ngo muri icyo gihe yajyaga acurangira ibwami.

Ku myaka 17 yari yaramaze kwamamara mu Burayi hafi ya bwose, ndetse aba mu itsinda ry’abanyamuzika.

Yakoze byinshi ariko uko bigaragara yari bukore byinshi kurushaho kuko yapfuye afite imyaka 35 y’amavuko, asiga akoze indirimbo 800.

Wolfgang Amadeus Mozart
TAGGED:AmerikaMozartPianoUmuhangaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Papa Benedigito, Kalidinari Ukomeye Yapfuye
Next Article Senegal: Impanuka Yahitanye Abantu 40
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uko Ibihugu Birutanwa Kunywa Byeri: Ubushinwa Burayoboye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?