Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwe Mu Bakingiwe COVID-19 Arembeye I Nyarugenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umwe Mu Bakingiwe COVID-19 Arembeye I Nyarugenge

Last updated: 07 July 2021 8:34 am
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze Dr Lt Col Mpunga Tharcisse yavuze ko n’ubwo inkingo za COVID-19 zitanga ubushobozi bwo kutaremba, hari umwe mu bahawe inkingo zombi uri mu bitaro.

Ubusanzwe inkingo zitangwa zizewe ko zituma umuntu atagera aho ajyanwa mu bitaro hafi 100%.

Dr Mpunga yavuze ko  mbere abantu barembaga ari abari bakuze bo mu myaka 80 no hafi yayo, none virus igenda yongera ubukana ku buryo n’abato ibica.

Haheruka no gupfa uruhinja rw’iminsi itanu.

Yavuze ko mu gihe u Rwanda rutarabona inkingo rukeneye abantu barushaho kwirinda, kuko virus irimo kuzahaza abantu kurusha mbere.

Ni kimwe n’abakingiwe, nabo ngo bagomba kwirinda cyane kuko bashobora kwanduza abandi, cyangwa nabo bakaba baremba.

Yari kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Kabiri.

Ati: “Iyo wakingiwe urandura, n’uyu munsi tuvugana dufite umurwayi umwe uri muri babandi barembye cyane wakingiwe izo nkingo zose, ari Nyarugenge. Ariko abakingiwe n’ubwo barwara iyo virus, kuko baba bafite ba basirikare bituma bahangana na virus bakayinesha, ntibe yabazahaza, ngo arware arembe, kandi akanayikira vuba. Ariko arayanduza, ari nacyo kigoranye.”

Dr Lt Col Mpunga Tharcisse avuga ko uwagize amahirwe yo gukingirwa mbere,  bitatewe n’uko ari Umunyarwanda kurusha abandi ahubwo ngo ni amahirwe yagize.

Yabasabye kudapfusha ubusa ayo mahirwe ntibayafate nk’aho abahesha uburenganzira bwo kwanduza abandi.

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abantu basaga ibihumbi 391.

Ibitaro bya Nyarugenge byakira abarwaye COVID-19
TAGGED:COVID-19Dr Mpunga Tharcissefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intasi Nkuru Za Gisirikare Z’U Rwanda, U Burundi, Tanzania, Congo-Kinshasa na Uganda Zahuye
Next Article Uko Umukino W’Ububanyi N’Amahanga Hagati Y’U Rwanda Na Uganda Uteye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?