Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwe Mu Bayobozi Bakuru B’Amerika ‘Yasezeye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwe Mu Bayobozi Bakuru B’Amerika ‘Yasezeye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2021 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Symone Sanders wari Umujyanama mukuru wa Visi Perezida w’Amerika Kamala Harris yatangaje ko azegura mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira. Hashize iminsi havugwa urunturuntu hagati ye n’Umukoresha we Visi Perezida Harris.

Madamu Symone Synders yari amaze imyaka itatu akorana na Perezida Joe Biden kandi ni umwe mu bantu bakunze kugendana na Visi Perezida Kamala Harris mu ngendo z’akazi ajyamo hirya no hino.

Symone Sanders ni umwe mu bayobozi bakuru b’Amerika wagize uruhare mu ivururwa ry’amategeko yavugwagaho kudaha uburenganzira bwo gutora bungana ku Banyamerika bose n’ibindi bibazo birebana  n’uburenganzira bwa muntu muri rusange.

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umukuru w’Amerika rivuga ko Symone Sanders yari umukozi mwiza kandi ukunzwe.

Yeguye nyuma y’uko hari undi muyobozi mukuru muri Amerika witwa Ashley Etienne wari ushinzwe Ibiro bya Harris bishinzwe amatangazo ya Leta agenewe abaturage n’isi yose( PR office) nawe weguye.

Amakuru atangwa n’abazi ibikorerwa mu Biro bya Visi Perezida w’Amerika avuga ko Kamala Harris abangamiwe mu kazi ke.

Hari ubutumwa bucicikana buvuga hari abantu bamukoreramo, bigatuma agaragara nk’umugore ‘udashoboye.’

Symone Sanders yakundaga kugendana na Kamala Harris mu ngendo z’akazi

Madamu Kamala Harris abangamiwe no gutambutsa ubutumwa bugenewe abakozi be mu buryo butuma babwumva kandi bakabukurikiza nk’uko bigomba.

Reuters yanditse muri Kamena, 2021, Kamala Harris yigeze kubazwa ikibazo ‘cyamugejeje yo’.

Umunyamakuru wa NBC yamubajije impamvu atigeze ajya ku mupaka ugabanya Amerika na Mexique kureba uko ibintu byifashe kandi ari we ushinzwe kwita ku bibazo Amerika ihura nabyo byerekeye abimukira.

Mu gihe yarwanaga no gusubiza icyo kibazo kitari kimworoheye, hari umugore warogoye ikiganiro ahita yinjira mu cyumba abanyamakuru babarizagamo Harris, bimutesha umutwe.

Kamala Harris aherutse nanone gutenguhwa ubwo yiteguraga kujya mu kiganiro muri Studio kikaza gusubikwa ikubagahu kubera ko bamwe mu banyamakuru bari bakiyobore bagaragaweho ubwandu bwa COVID-19 ku munota wa nyuma.

Hibazwa uko byagenze kugira ngo bigere aho ikiganiro na Visi Perezida wa Amerika gisubikwa ku munota wa nyuma kubera ko abanyamakruu bari bukiyobore basanganywe ubwandu bwa kiriya cyorezo kimaze kwica abantu barenga miliyoni eshanu kuva cyaduka mu mpera z’umwaka wa 2019.

TAGGED:AmerikafeaturedHarrisSanders
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igice Cya II: Kuki Uganda Yanduranya? Kuki Isuzugura U Rwanda?
Next Article Polisi Yahuguye Ingabo Z’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?