Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Igiye Gutangiza Umuganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

UN Igiye Gutangiza Umuganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2022 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda basanze ari ngombwa guhuza amaboko yabo bagaterana inkunga cyangwa se bagakora ibikorwa bibafitiye akamaro binyuze mu cyo abakurambere babo bise ‘gutanga umuganda.’ Umuryango w’Abibumbye nawo wavuze ko mu gihe kiri imbere uzatangiza iki gikorwa mu rwego rwo gufasha mu kurengera ibidukikije no kurushaho kubaka umubano mu bantu.

Umuganda usanzwe ari umwihariko mu Banyarwanda ariko bari baratangiye no kuwugeza imahanga aho bakorera bakorera ibikorwa byo gucunga umutekano.

Iby’uko muri UN bagiye gutangiza umuganda, byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri uyu muryango Bwana Claver Gatete.

Hari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Rwanda rumaze ari umunyamuryango w’Umuryango w’Abibumbye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amb Gatete yavuze ko hari ibyo Umuryango w’Abibumbye ushimira u Rwanda birimo uruhare rwarwo mu kubungabunga amahoro no kuyagarura aho yabuze.

Yagize ati: “Uburyo inzego z’umutekano zacu zitwara mu kubungabunga amahoro birenze intego z’Umuryango w’Abibumbye.”

Amb Claver Gatete

Claver Gatete avuga ko aho abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda bageze mu butumwa bw’amahoro bisanzuranaho n’abaturage bakubaka ubucuti, bakabubakira amashuri, inzu zo guturamo, bagatanga amashanyarazi akomoka ku mirasira y’izuba, bagatanga ibikoresho byo guteguriraho amafunguro n’ibindi.

Ikindi ni uko aho u Rwanda rugiye ruhatangiza Umuganda, ukaza ari igikorwa kizamura imibereho myiza y’abahatuye.

Ambasaderi Claver Gatete yavuze ko Umuryango w’Abibumbye na wo ugiye kuyoboka iyi gahunda.

- Advertisement -

Ati: “Mu gihe cya vuba hamwe n’Umuryango w’Abibumbye tugiye gutangiza Umuganda hamwe n’Umunyamabanga Mukuru ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa New York.”

Ngo ni umuganda uzajya ufasha aho ari ho hose bikenewe mu bihugu bigize uriya muryango w’Abibumbye.

Amb Claver Gatete avuga ko u Rwanda ruha agaciro kanini ubufatanye bwarwo n’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Ibihugu-binyamuryango mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo

TAGGED:AmbasaderifeaturedGateteRwandaUmuganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Iracyebura Abambuka Zebra Crossing Bimaringa
Next Article Uvugwaho Kuba Umunyamwanda Kurusha Abandi Ku Isi Yapfuye Afite Imyaka 94
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?