Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Igiye Gutangiza Umuganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

UN Igiye Gutangiza Umuganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2022 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda basanze ari ngombwa guhuza amaboko yabo bagaterana inkunga cyangwa se bagakora ibikorwa bibafitiye akamaro binyuze mu cyo abakurambere babo bise ‘gutanga umuganda.’ Umuryango w’Abibumbye nawo wavuze ko mu gihe kiri imbere uzatangiza iki gikorwa mu rwego rwo gufasha mu kurengera ibidukikije no kurushaho kubaka umubano mu bantu.

Umuganda usanzwe ari umwihariko mu Banyarwanda ariko bari baratangiye no kuwugeza imahanga aho bakorera bakorera ibikorwa byo gucunga umutekano.

Iby’uko muri UN bagiye gutangiza umuganda, byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri uyu muryango Bwana Claver Gatete.

Hari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Rwanda rumaze ari umunyamuryango w’Umuryango w’Abibumbye.

Amb Gatete yavuze ko hari ibyo Umuryango w’Abibumbye ushimira u Rwanda birimo uruhare rwarwo mu kubungabunga amahoro no kuyagarura aho yabuze.

Yagize ati: “Uburyo inzego z’umutekano zacu zitwara mu kubungabunga amahoro birenze intego z’Umuryango w’Abibumbye.”

Amb Claver Gatete

Claver Gatete avuga ko aho abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda bageze mu butumwa bw’amahoro bisanzuranaho n’abaturage bakubaka ubucuti, bakabubakira amashuri, inzu zo guturamo, bagatanga amashanyarazi akomoka ku mirasira y’izuba, bagatanga ibikoresho byo guteguriraho amafunguro n’ibindi.

Ikindi ni uko aho u Rwanda rugiye ruhatangiza Umuganda, ukaza ari igikorwa kizamura imibereho myiza y’abahatuye.

Ambasaderi Claver Gatete yavuze ko Umuryango w’Abibumbye na wo ugiye kuyoboka iyi gahunda.

Ati: “Mu gihe cya vuba hamwe n’Umuryango w’Abibumbye tugiye gutangiza Umuganda hamwe n’Umunyamabanga Mukuru ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa New York.”

Ngo ni umuganda uzajya ufasha aho ari ho hose bikenewe mu bihugu bigize uriya muryango w’Abibumbye.

Amb Claver Gatete avuga ko u Rwanda ruha agaciro kanini ubufatanye bwarwo n’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Ibihugu-binyamuryango mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Umubano W’u Rwanda Na UN Ni Umubabaro UVANZE N’Ibyishimo

TAGGED:AmbasaderifeaturedGateteRwandaUmuganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Iracyebura Abambuka Zebra Crossing Bimaringa
Next Article Uvugwaho Kuba Umunyamwanda Kurusha Abandi Ku Isi Yapfuye Afite Imyaka 94
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?