Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ozonnia Ojielo uhagarariye UN mu Rwanda asinyana na Min Murangwa iby'ayo masezerano.
SHARE

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Abibumbye afite agaciro ka Miliyari $1 azashorwa mu bikorwa byo kubaka ubukungu budaheza mu gihe cy’imyaka itanu igize NST2.

Azashorwa mu guteza imbere u Rwanda mu ngeri zitandukanye zirimo imiryango itari iya Leta, urwego rw’abikorera, gushyigikira imishinga irimo gukumira no guhangana n’ingaruka z’ibiza.

Itangazo rya MINECOFIN  rivuga ko ayo masezerano ari mu bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye  muri gahunda yitwa United Nations Sustainable Development Cooperation Framework (UNSDCF) agomba gushyirwa mu bikorwa guhera mu mwaka wa 2025 kugeza mu mwaka wa  2029.

Azafasha u Rwanda gushyira mu bikorwa gahunda yarwo y’iterambere NST2 (Second National Strategy for Transformation) ndetse no mu bikorwa bigize icyerekezo 2050.

Hakubiyemo ko azakoreshwa mu gushyigikira iterambere ridaheza, guteza imbere gahunda z’uburinganire bw’abagore n’abagabo, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no guhanga udushya two kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa wayasinye ku ruhande rw’u Rwanda yemeza ko aya masezerano ashimangira ubufatanye bukomeye hagati  y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye mu cyerekezo cyo kugira imbere hatagira uwo hasiga inyuma mu iterambere rirambye.

Abakozi ba UN bazakisha Miliyari $ 1 azakenerwa mu kugera kuri iriya migambi.

Ozonnia Ojielo uhagarariye UN mu Rwanda avuga ko uyu muryango ugiye kumara imyaka 80 ushyizweho, akemeza  aya masezerano ahamya ubushake ufite mu gushyigikira u Rwanda kugera ku ntego zarwo z’iterambere.

TAGGED:featuredMurangwaUbukunguUmuryangoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi
Next Article Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Bo Muri Afurika Y’Epfo Ruri Mu Rwanda Kureba Ibiruranga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?