Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Alice Wairumu Nderitu, usanzwe ari umujyanama w’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’abibumbye mu byerekeye gukumira Jenoside, yatangaje ko ibyo aherutse kwibonera no kwiyumvira ubwo yari ari mu Burasirazuba bwa DRC, byamweretse ko hashobora kuzakorwa Jenoside, igakorerwa Abanyamulenge.

Nderitu avuga ko ibyo yahabonye nta hantu hanini bitandukaniye n’ibyari mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uyu mugore yakoreye uruzinduko muri kariya karere hagati y’italiki 10 n’italiki 13, Ugushyingo, 2022.

Yagize ati: “ Urugomo ruri gukorerwa mu Burasirazuba bwa DRC ni ikimenyetso gikomeye cyerekana ko abantu babanye nabi cyane k’uburyo Jenoside ishoboka nk’uko yigeze no kuba muri kariya k’ibiyaga bigari by’Afurika.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko mu mitwe myinshi ikorera muri kariya gace, uwa FDLR ari wo ubiba urwango kurusha indi cyane cyane ko ukomoka ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Ngo abaturage ba DRC bitwa Abanyamulenge nibo bibasirwa n’ibikorwa bya mfura mbi, birimo kubahoza ku nkeke bikozwe n’abayobozi baba abapolitiki ndetse n’ab’umutekano.

Abagore n’abakobwa b’Abanyamulenge kandi ngo basambanywa ku ngufu iyo hari ababaciye urwaho.

Abanyamulenge ni bamwe mu baturage ba DRC ariko bibasizwa na bagenzi babo bakabakorera urugomo

Ababibakorera babashinja ko bafitanye ‘isano runaka’  n’u Rwanda bakaba n’Abatutsi.

Indi ngingo  Nderitu yavuze ko ikomeye, ni uko hari n’andi moko yo muri DRC mu Burasirazuba bwayo nayo ahoramo ubwicanyi.

- Advertisement -

Ayo ni Suku, Mbala, Yansi, Songe, Luba, Kongo, Yaka na Teke.

Alice Wairumu Nderitu ati: “ Urugomo rukorerwa abantu bazizwa ko basa cyangwa bafitanye isano iziguye cyangwa itaziguye na rumwe cyangwa nyinshi mu mpande ziri kurwana mu Burasirazuba bwa DRC, rugomba guhagarikwa.”

Uyu mujyanama wa Guterres avuga ko isi yose igomba guhagurukira iki kibazo kuko kiri guhitana benshi kandi bucece.

Yemeza ko igice cy’ingenzi gifite inshingano yo guhagarika urugomo rukorerwa abatuye kiriya gice cya DRC  ari Guverinoma y’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, ariko iyi Guverinoma ishimwa ko hari icyo iri gukora ngo yunge abaturage bo muri ya moko twavuze haruguru.

Biri gukorwa binyuze mu biganiro bihuza abakuru b’imiryango igize buriya bwoko kugira ngo basase inzobe binegure, ibyo bapfa babikureho.

Amadini yo muri iki gihugu nayo arashimirwa kuba afasha mu kunga abaturage, kandi ngo UN izakomeza gutanga umusanzu wayo ahashoboka hose.

TAGGED:BanyamulengeDRCfeaturedJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC
Next Article Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?