Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Alice Wairumu Nderitu, usanzwe ari umujyanama w’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’abibumbye mu byerekeye gukumira Jenoside, yatangaje ko ibyo aherutse kwibonera no kwiyumvira ubwo yari ari mu Burasirazuba bwa DRC, byamweretse ko hashobora kuzakorwa Jenoside, igakorerwa Abanyamulenge.

Nderitu avuga ko ibyo yahabonye nta hantu hanini bitandukaniye n’ibyari mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uyu mugore yakoreye uruzinduko muri kariya karere hagati y’italiki 10 n’italiki 13, Ugushyingo, 2022.

Yagize ati: “ Urugomo ruri gukorerwa mu Burasirazuba bwa DRC ni ikimenyetso gikomeye cyerekana ko abantu babanye nabi cyane k’uburyo Jenoside ishoboka nk’uko yigeze no kuba muri kariya k’ibiyaga bigari by’Afurika.”

Avuga ko mu mitwe myinshi ikorera muri kariya gace, uwa FDLR ari wo ubiba urwango kurusha indi cyane cyane ko ukomoka ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Ngo abaturage ba DRC bitwa Abanyamulenge nibo bibasirwa n’ibikorwa bya mfura mbi, birimo kubahoza ku nkeke bikozwe n’abayobozi baba abapolitiki ndetse n’ab’umutekano.

Abagore n’abakobwa b’Abanyamulenge kandi ngo basambanywa ku ngufu iyo hari ababaciye urwaho.

Abanyamulenge ni bamwe mu baturage ba DRC ariko bibasizwa na bagenzi babo bakabakorera urugomo

Ababibakorera babashinja ko bafitanye ‘isano runaka’  n’u Rwanda bakaba n’Abatutsi.

Indi ngingo  Nderitu yavuze ko ikomeye, ni uko hari n’andi moko yo muri DRC mu Burasirazuba bwayo nayo ahoramo ubwicanyi.

Ayo ni Suku, Mbala, Yansi, Songe, Luba, Kongo, Yaka na Teke.

Alice Wairumu Nderitu ati: “ Urugomo rukorerwa abantu bazizwa ko basa cyangwa bafitanye isano iziguye cyangwa itaziguye na rumwe cyangwa nyinshi mu mpande ziri kurwana mu Burasirazuba bwa DRC, rugomba guhagarikwa.”

Uyu mujyanama wa Guterres avuga ko isi yose igomba guhagurukira iki kibazo kuko kiri guhitana benshi kandi bucece.

Yemeza ko igice cy’ingenzi gifite inshingano yo guhagarika urugomo rukorerwa abatuye kiriya gice cya DRC  ari Guverinoma y’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, ariko iyi Guverinoma ishimwa ko hari icyo iri gukora ngo yunge abaturage bo muri ya moko twavuze haruguru.

Biri gukorwa binyuze mu biganiro bihuza abakuru b’imiryango igize buriya bwoko kugira ngo basase inzobe binegure, ibyo bapfa babikureho.

Amadini yo muri iki gihugu nayo arashimirwa kuba afasha mu kunga abaturage, kandi ngo UN izakomeza gutanga umusanzu wayo ahashoboka hose.

TAGGED:BanyamulengeDRCfeaturedJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC
Next Article Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?