Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubaka umuhanda Nyacyonga-Mukoto byatangiye. Ni umuhanda Perezida Kagame yemereye abatuye ibice biri hagati ya Gasabo na Rulindo, ukazaba ufite uburebure bwa kilometero 35.

Niwuzurira igihe cyagenwe uzafasha abatuye Umurenge wa Jabana muri Gasabo n’imirenge ya Masoro, Murambi, Cyinzuzi, Mbogo, Ngoma na  Bushoki mu Karere ka Rulindo kugendererana.

U Rwanda rwubaka imihanda myinshi mu rwego rwo gufasha abarutuye kuva mu bwigunge, bakagendererana, ubuhahirane bukiyongera.

Aho umuhanda wa kaburimbu ugeze ntihabura amajyambere kuko uhita woroshya ubwikorezi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Akenshi uhita ushyirwaho amashanyarazi bigatuma abawuturiye batangira gukora ubucuruzi bwifashisha amashanyarazi burimo kogosha, gucuruza ibinyobwa bisembuye, abafite murandasi nabo bakabona uko batanga serivisi.

Imibare yatanzwe na Minisiteri y’ibikorwaremezo muri Gashyantare, 2024 yavugaga ko 60% by’imihanda yose yo mu Rwanda ikozwe na kaburimbo.

Mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe hakozwe imihanda ireshya na kilometero 2,774; muri yo ingana na 60% y’imihanda iri ku rwego rw’igihugu  irimo kaburimbo ikaba ireshya na kilometero 1,639.

Ubusanzwe imihanda ikorwa mu buryo butandukanye bitewe n’aho izaca, ibisubizo izaniye abahatuye, ubuhaname n’ubuhehere bw’aho izaca n’ibindi.

Kaburimbo ikomeye iba itetse, bakayishyira mu muhanda babanje gukora ibyo bise layers(couches) hasi.

- Advertisement -

Babanza gutunganya ubutaka busanzwe bakabutsindagira, nyuma bagashyiraho couche de foundation, bagashyiraho amabuye basasa hejuru(bayita laterites) hanyuma bakabona gushyiraho kaburimbo itetse bikozwe n’imashini.

Guhenda kwa kaburimbo gushingira ahanini ku kiguzi kigenda kuri kilometero imwe kandi kilometero ihenda bitewe n’ubuhaname bw’aho izacishwa kuko ahazamuka hatagoye nk’ahatambika.

Gukora kaburimbo ahantu hazamuka harahenda kubera ko uretse kugorana  mu kuhacukura no kuhashyira kaburimbo, hanahenda kubera ko gutunganya imiyoboro y’amazi no kwimura abantu byose hamwe bizamura ikiguzi.

Impuzandengo ya kilometero imwe y’ahantu hazamuka ni miliyari Frw 1 na miliyari Frw 1.3.

Umuhanda nk’uyu kandi uba ufite ubugari bwa metero zirindwi(7) ni ukuvuga ibyerekezo bibiri.

Impuzandengo y’umuhanda w’igitaka(feeder road) kuri kilometero imwe ni hagati ya miliyoni Frw 120 na miliyoni Frw 200.

Iyo umuhanda warangiye kuzura, impuzandengo yo kuwitaho iba iri hagati ya Frw 212,000 na Frw 280,000 ku kilometero kimwe.

TAGGED:featuredGasaboImihandaKaburimboKagameNyacyongaRulindoUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball
Next Article Ikibaya Cy’Urugezi Kirimo Ubwoko Burenga 400 Bw’Ibinyabuzima Bitari Bizwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?