Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubaka umuhanda Nyacyonga-Mukoto byatangiye. Ni umuhanda Perezida Kagame yemereye abatuye ibice biri hagati ya Gasabo na Rulindo, ukazaba ufite uburebure bwa kilometero 35.

Niwuzurira igihe cyagenwe uzafasha abatuye Umurenge wa Jabana muri Gasabo n’imirenge ya Masoro, Murambi, Cyinzuzi, Mbogo, Ngoma na  Bushoki mu Karere ka Rulindo kugendererana.

U Rwanda rwubaka imihanda myinshi mu rwego rwo gufasha abarutuye kuva mu bwigunge, bakagendererana, ubuhahirane bukiyongera.

Aho umuhanda wa kaburimbu ugeze ntihabura amajyambere kuko uhita woroshya ubwikorezi.

Akenshi uhita ushyirwaho amashanyarazi bigatuma abawuturiye batangira gukora ubucuruzi bwifashisha amashanyarazi burimo kogosha, gucuruza ibinyobwa bisembuye, abafite murandasi nabo bakabona uko batanga serivisi.

Imibare yatanzwe na Minisiteri y’ibikorwaremezo muri Gashyantare, 2024 yavugaga ko 60% by’imihanda yose yo mu Rwanda ikozwe na kaburimbo.

Mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe hakozwe imihanda ireshya na kilometero 2,774; muri yo ingana na 60% y’imihanda iri ku rwego rw’igihugu  irimo kaburimbo ikaba ireshya na kilometero 1,639.

Ubusanzwe imihanda ikorwa mu buryo butandukanye bitewe n’aho izaca, ibisubizo izaniye abahatuye, ubuhaname n’ubuhehere bw’aho izaca n’ibindi.

Kaburimbo ikomeye iba itetse, bakayishyira mu muhanda babanje gukora ibyo bise layers(couches) hasi.

Babanza gutunganya ubutaka busanzwe bakabutsindagira, nyuma bagashyiraho couche de foundation, bagashyiraho amabuye basasa hejuru(bayita laterites) hanyuma bakabona gushyiraho kaburimbo itetse bikozwe n’imashini.

Guhenda kwa kaburimbo gushingira ahanini ku kiguzi kigenda kuri kilometero imwe kandi kilometero ihenda bitewe n’ubuhaname bw’aho izacishwa kuko ahazamuka hatagoye nk’ahatambika.

Gukora kaburimbo ahantu hazamuka harahenda kubera ko uretse kugorana  mu kuhacukura no kuhashyira kaburimbo, hanahenda kubera ko gutunganya imiyoboro y’amazi no kwimura abantu byose hamwe bizamura ikiguzi.

Impuzandengo ya kilometero imwe y’ahantu hazamuka ni miliyari Frw 1 na miliyari Frw 1.3.

Umuhanda nk’uyu kandi uba ufite ubugari bwa metero zirindwi(7) ni ukuvuga ibyerekezo bibiri.

Impuzandengo y’umuhanda w’igitaka(feeder road) kuri kilometero imwe ni hagati ya miliyoni Frw 120 na miliyoni Frw 200.

Iyo umuhanda warangiye kuzura, impuzandengo yo kuwitaho iba iri hagati ya Frw 212,000 na Frw 280,000 ku kilometero kimwe.

TAGGED:featuredGasaboImihandaKaburimboKagameNyacyongaRulindoUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball
Next Article Ikibaya Cy’Urugezi Kirimo Ubwoko Burenga 400 Bw’Ibinyabuzima Bitari Bizwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?