Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Munyamakuru Yiciwe Muri Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Undi Munyamakuru Yiciwe Muri Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 6:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamakuru wa Fox News witwa Pierre Zakrzewski yiciwe i Kiev muri Ukraine arashwe. Yari mu modoka ye asakirana n’amasasu menshi ahita ahagwa. Ni umunyamakuru wa kabiri utangajwe ko yaguye mu kazi muri Ukraine nyuma y’undi wa The New York Times nawe uherutse kuzira amasasu.

Pierre Zakrzewski yari asanzwe akoresha camera mu gukurura no gutangaza ibibera mu ntambara iri muri Ukraine muri iki gihe.

Yarasiwe ari kumwe na mugenzi we wandika witwa Benjamin Hall ariko ku bw’amahirwe uyu ntiyapfuye ariko yakomeretse amaguru bikomeye.

Umuyobozi wa Fox News  witwa  Suzanne Scott  yandikiye abakozi be abamenyesha urupfu rwa mugenzi wabo, ababwira ko yari intwari, akaba n’umugabo ukunda akazi ke.

Uyu mu cameraman yakurikiranye intambara ari aho yaberaga guhera mu ntambara Amerika yarwanye muri Iraw, Afghanistan ndetse no muri Syria yari ari yo.

Mu kazi ke kandi ngo yari azi gukora ibintu bitandukanye harimo no gutunganya amashusho yifatiye, akayaha umurongo akamenya no gukanika ibyuma byapfuye.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Biden witwa Jen Psaki nawe yavuze ko Amerika ibabajwe no kuba Fox News yatakaje umukozi nka Pierre   Zakrzewski.

Jen Psaki

Uriya munyamakuru kandi yigeze guhembwa igihembo kiswe  ‘Unsung Hero’ ikinyamakuru Fox News gitanga buri mwaka.

Mu mpera z’Icyumweru gishize undi munyamakuru wakoreye ibinyamakuru bitandukanye harimo na The New York Times witwa Brent Renaud nawe yishwe n’amasasu bivugwa ko ari ay’ingabo z’u Burusiya.

Bivugwa ko iyo umunyamakuru apfuye isi iba ihombye isoko y’ubumenyi by’ibibera aho abantu bose badashobora kugera.

TAGGED:AmerikafeaturedUkraineUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Kainerugaba Muri Kigali Arena
Next Article Amafoto: Perezida Kagame Yagabiye Inyambo Umuhungu Wa Museveni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?