Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umucuruzi w’Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umucuruzi w’Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda

admin
Last updated: 31 August 2021 7:41 pm
admin
Share
SHARE

Umurambo w’Umunyarwanda witwa Theoneste Dusabimana wacururizaga muri Uganda uherutse gusangwa ahitwa Kibumba muri Karujanga, mu Karere ka Kabale. Aha ni mu Burengerazuba bwa Uganda.

Abatuye aho basanze umurambo we, bavuga ko yishwe atewe ibyuma n’abambuzi bamwambuye amafaranga afite agaciro ka Miliyoni 1 Frw.

I Kabale yakoranaga n’abantu batatu.

Umurambo we bawusanze aho yiciwe kandi amakuru Taarifa yahawe n’ababonye ibyabaye avuga ko n’ubwo Polisi ya Uganda yatabaye ikaza kureba ibyabaye no gutangiza iperereza, kugeza ubu nta muntu urafatwa acyekwaho uruhare runaka mu rupfu rwa Dusabimana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Theoneste Dusabimana yari umugabo w’imyaka 52 y’amavuko.

Muri Kamena, 2021 nabwo hari  Umunyarwanda wamenyekanye ku mazina ya Bazambanza Munyemana wiciwe muri Uganda mu buryo bw’agashinyaguro, umurambo we uza kujugunywa ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda.

Umubiri w’uyu musore wabonetse kuri uyu wa 6 Kamena, 2021 ahagana saa saba z’amanywa.

Ababonye umubiri we bavuze ko yakubiswe nyuma aratwikwa.

Bazambanza wari ufite imyaka 21 y’amavuko yakomokaga mu Karere ka Burera.

- Advertisement -

Yari amaze igihe gisaga imyaka ine akorera imirimo itandukanye mu gace ka Butandi mu Karere ka Kabale muri Uganda.

Amakuru yatanzwe nyuma y’urupfu rwe, yavugaga ko yaje guterwa n’abagizi ba nabi barimo uwahoze ari umukoresha we, bamusanga mu rugo bamukubita ingiga y’igiti, baza no kumutwika yambaye ubusa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal yemeje ko amakuru babonye ari uko uriya musore yiciwe muri Uganda, abanya-Uganda baza kumujugunya ku mupaka, ku ruhande rw’u Rwanda.

Mbere ye hari abandi Banyarwanda biciwe muri Uganda barimo Felicien Mbonabaheka wishwe  ubwo yageragezaga gukiza Umunyarwanda wari umerewe nabi n’abagizi ba nabi muri Uganda.

Icyo gihe abagizi ba nabi  bamutemye umutwe n’amaguru, ndetse bahita banamushyingura umuryango we utamenyeshejwe.

Hari undi Munyarwanda witwa Emmanuel Mageza wishwe, umubiri we ntiwashyikirizwa umuryango we.

Hashize imyaka Abanyarwanda baba muri Uganda bakorerwa urugomo, bamwe bakicwa, abandi bagakorerwa iyicarubozo ndetse hari n’abo Uganda yazanye ibajugunya ku mupaka wayo n’u Rwanda bamwe baranduye COVID-19.

U Rwanda rwarabyamaganye, rusaba Uganda kubaha abaturage barwo bakorerayo ndetse ruvuga ko haramutse hari abo icyekaho ibyaha runaka yababuranisha mu buryo byukurikije amategeko.

Kubera urugomo rukorerwa Abanyarwanda baba muri Uganda, byatumye umubano w’u Rwanda na Uganda uba mubi kugeza n’ubu.

Mu Bwongereza naho si shyashya!

Hagati aho muri Nyakanga, 2021 hari Umunyarwanda wari ukiri muto wiciwe mu Bwongereza nawe atewe ibyuma. Ni ingimbi yitwa Thamim Ian Hakizimana uyu akaba yarashyinguwe Gatandatu tariki 24, Nyakanga, 2021.

Yishwe n’itsinda ry’ingimbi zamuteze ajya kwiga.

Yiciwe ahitwa Woolwhich mu Majyepfo y’u Bwongereza.

Nyina w’uyu umwana yabwiye abari baje mu muhango wo kumushyingura no gushyira indabo ku mva y’iriya ngimbi  ko bibabaje kuba umwana we yarishwe atewe ibyuma ubwo yari agiye kwiga.

Nyina yitwa Hawa Haragakiza.

Mu myaka ibiri ishize hari undi Munyarwanda nawe wishwe muri buriya buryo agwa i London.

 

TAGGED:COVID-19featuredRwandaUgandaUmunyarwandaUrubozoUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Yatanze Umukandida Ku Mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth
Next Article Amatariki Y’Ingenzi Yaranze Intambara Y’Amerika Muri Afghanistan Yaraye Irangiye
1 Comment
  • Pingback: Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo - Taarifa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?