Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UR Irishyuza Abanyeshuri Bahawe Mudasobwa Bakazirya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

UR Irishyuza Abanyeshuri Bahawe Mudasobwa Bakazirya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2023 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvuguzi wa Kaminuza y’u Rwanda Ignatius Kabagambe yabwiye Taarifa ko uru rwego rwa Leta rwamenye ko hari abanyeshuri bagurisha mudasobwa bahawe ngo bazigireho. Ibi byatumye ikora igenzura, abo isanze batazifite ibasaba kuzigarura.

Kuzigarura ngo bikubiyemo kuzizana nka mudasobwa nyirizina bitaba ibyo bakishyura amafaranga agendanye n’agaciro kazoo.

Ignatius Kabagambe avuga ko ibyatangajwe kuri X ko Kaminuza y’u Rwanda yaciye bariya banyeshuri miliyoni Frw 1.5 ari ibinyoma kuko ngo nta mudasobwa muzo bahaye abanyeshuri ifite kariya gaciro.

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda avuga ko bajya gutangiza ibyo kwishyuza ziriya mudasobwa, bari bafite amakuru ko hari abanyeshuri bazigurisha.

Ati: “ Ubundi ziriya mudasobwa ni inguzanyo abanyeshuri bafashe kugira ngo bige bazazisubize n’abandi bazazigireho. Ntabwo ari izo kugurisha, ntabwo ari cyo Leta yazibahereye. Amafaranga ya Leta agomba gukora ibyo yagenewe.”

Avuga ko ziriya mashini zifite ibiciro bitandukanye ariko ngo ntayo igejeje kuri miliyoni Frw 1.5, akungamo ko amafaranga umunyeshuri agomba kwishyura ari akubiye mu masezerano aba yaragiranye na Kaminuza ubwo yafataga iyo mashini.

Kabagambe yavuze ko umunyashuri ufite imashini azayisubiza ariko ko uwo bizagaragara ko yayiriye cyangwa se ko bayimwibywe, azayishyura mu mafaranga.

Ati: “ Iyo wayigurishije biba bivuze ko wayatse utayishaka. Icyo gihe rero uba ugomba kuyishyura kuko umutungo wa Leta ukoreshwa ibyo wagenewe.”

Uyu muyobozi avuga ko hari bamwe mu banyeshuri bazigurishije ku mafaranga make hanyuma bakumva ko bakwiye kuzishyura bagasubira kuwo bazigurishije nawe akabasaba ko bagomba kumwungura.

Muri rusange ngo Kaminuza irashaka ko umuco wo kugurisha ibya Leta ucika kandi bigatangirira mu banyeshuri.

Kugenzura ibya ziriya mudasobwa byatangiye mu ntangiriro z’Ugushyingo, 2023.

Abanyeshuri basabwe kwishyura imashini bahawe ngo bige
TAGGED:featuredKabagambeKaminuzaMudasobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ugushakamo Inyungu Ngo Agucuruze Abanza Kukumenya- RIB
Next Article Airtel Yahaye Abarimu Telefoni Zihendutse Ku Munsi Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?