Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubanza Rwa Dr. Rutunga Rwapfundikiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Urubanza Rwa Dr. Rutunga Rwapfundikiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2024 9:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru rwa Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda rwapfundikiye urubanza rwa Dr. Vénant Rutunga wari ukurikiranyweho Jenoside nyuma y’aho ubushinjacyaha bumusabiye igifungo cya burundu.

Ku wa Kane taliki 30, Gicurasi, 2024, nibwo impande ziburanaga muri uru rubanza zagize icyo zivuga ku rugendo zakoreye mu kigo cya ISAR Rubona Dr. Vénant Rutunga yayoboraga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa  1994.

Rwari  rugamije kumenya neza aho ibyaha Rutunga ashinjwa byakorewe no kubisanisha n’imvugo z’abatangabuhamya.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko ibyo abatangabuhamya barubwiye bigaragaza ko Rutunga yamenye neza uburyo bamwe mu bari abakozi ba ISAR bishwe, ababishe ndetse naho biciwe.

Bwavuze  ko bamwe biciwe mu kigo abandi bicirwa mu nkengero zacyo.

Uwatanzweho urugero ni uwari umucungamutungo w’ikigo Kalisa Epaphrodite wiciwe mu kigo, ubushinjacyaha buvuga ko nta kuntu Dr. Rutunga atari bumenye iby’urupfu rwe.

Uyu muganga Dr. Rutunga ashinjwa kandi kuba yaragiye guhuruza abajandarume ngo baze bice Abatutsi bari barahungiye mu kigo yayoboraga.

Si abo gusa bishwe ahubwo bicanywe n’abandi bari basanzwe bahakora.

Ku ruhande rwa Rutunga n’abamwunganira, ingingo yabo yo kwireguza yavugaga ko mu gihe ikigo cyari gisumbirijwe, hateranye  inama yasabye kandi yemeza ko Rutunga nk’uwari ugikuriye ajya gusaba abajandarume ubuyobozi bwa Perefegitura ngo buze bukirinde, bagasanga Rutunga nta ruhare yagize mu bwicanyi bwakozwe n’abo bajandarume.

Abamwunganira bavuga ko kuba Rutunga yari umusivili bivuze ko atashoboraga guha amabwiriza abasirikare cyangwa abajandarume.

Bisa n’aho ibyo abo bakoze Rutunga adakwiye kubibazwa.

Ku rundi ruhande ariko abamushinja bo bavuga ko Rutunga yayoboye inama z’ikiswe ‘comité de crise’ kandi ko yatangaga amabwiriza yo gushyira ku rutonde Abatutsi bagombaga kwicwa.

Abamwunganira bo bavuga ko nta na hamwe ubushinjacyaha bwashoboye kugaragaza ko Rutunga ‘yayoboye inama z’iyo komite koko’.

Rutunga yahakanye ibyo aregwa avuga ko inama ya ‘comité de crise’ abantu bayitiranya kuko ku rwego rwe yayoboye iyo nama inshuro eshatu ariko ko ‘yari inama isanzwe’ kandi ko yahuje abakozi bose b’ikigo baba Abahutu cyangwa Abatutsi ikibanda gusa  ku mibereho n’ubuzima bw’abakozi muri ibyo bihe bitari byoroshye.

Umwunganizi we, Me Sophoni Sebaziga yabwiye urukiko ko abatangabuhamya bashinja Rutunga ubuhamya bwabo butahabwa agaciro kuko bavuguruzanya.

Uretse kuba bavuguruzanya ngo n’ubuhamya bwabo(buri wese ku giti cye) burivuguruza.

Abunganira Rutunga kandi bavuga ko Ubushinjacyaha n’abatangabuhamya babwo batagaragaza ibimenyetso simusiga by’uruhare rwa Rutunga mu iyicwa ry’Abatutsi mu kigo cya ISAR no mu nkengero zacyo; bakavuga ko ubushinjacyaha busa nubugenekereza bushaka kuvuga ko ntacyo yakoze ngo akize ubuzima bw’abari mu kaga.

Urubanza ruzasomwa ku italiki 05, Nzeri uyu mwaka.

Vénant Rutunga ni  umusaza w’imyaka 74.

Yoherejwe mu Rwanda n’u Buholandi mu 2021 kugira ngo aburane ku byaha ashinjwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideRutunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore W’i Rulindo Yafatanywe Toni 2.5 Z’Intsinga
Next Article Perezida Kagame Ari Muri Koreya Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?