Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rwa Diaspora Y’u Rwanda Rwishimiye Imikorere Ya Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Urubyiruko Rwa Diaspora Y’u Rwanda Rwishimiye Imikorere Ya Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize itsinda ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda baba hanze yarwo baraye bakiriwe n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda baruganiriza ku mikorere yayo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police(ACP) Boniface Rutikanga niwe wabakiriye abasobanurira uko Polisi ikorana n’abaturage kugira ngo bagere ku mutekano usesuye.

Mu kubasobanurira uko Polisi ikora, Rutikanga yavuze ko Polisi ikora igamije no kubaka icyizere ifitanye n’abo ishinzwe guha serivisi aribo abaturage.

Ati: “Inshingano za Polisi y’u Rwanda zibanda cyane mu kubaka ubushobozi, kubaka icyizere mu baturage no kugirana umubano ukomeye n’Abanyarwanda, kurwanya ruswa n’akarengane, guharanira gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano, kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage binyuze mu bikorwa by’ubufatanye n’abaturage, ubutwererane mpuzamahanga no kwifatanya n’ibindi bihugu binyuze mu masezerano yagiye ashyirwaho umukono na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano mu bihugu bitandukanye”.

Boniface Rutikanga avuga ko mu mikoranire hagati ya Polisi n’abaturage harimo no gukumira no kurwanya ibyaha nk’uburyo bw’ingenzi bugezweho bwifashishwa mu guhana amakuru no gukemura ibibazo.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko muri iyo mikoranire hajyamo no gushyira imbaraga mu ikoranabuhanga, amahugurwa no guha urubyiruko uburyo bwo gukorana nayo hagamijwe gukumira ibyaha no kubumbatira umutekano n’umudendezo rusange mu baturage.

Bamwe mu bagize itsinda ry’uru rubyiruko rw’abantu 43 bavuze ko bishimiye ibyo babonye ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda bavuga ko ari bwo bwa mbere basuye u Rwanda.

Kuri bo niyo ‘ Visit Rwanda’ bakoreye mu gihugu cyabo kuko ari bwo bwa mbere bahageze.

Umwe muri bo ni Lena Rutagira usanzwe uba mu Bubiligi.

Rutagira ati: “Ni ubwa mbere nitabira uru ruzinduko na bagenzi banjye b’urubyiruko mu Rwanda kandi narabikunze … byatumye mbasha guhura n’abantu benshi. Najyaga mbona abantu mu Bubiligi bambaye imipira yanditseho ‘Visit Rwanda’ none  binteye ishema ryo kurushaho kumva nateza imbere igihugu cyanjye cyiza”.

Urubyiruko rwa diaspora nyarwanda rwashimiye imikorere ya Polisi y’u Rwanda

Avuga ko ari kwiga uko u Rwanda rukora, amateka yarwo ndetse n’imikorere ya Polisi y’u Rwanda by’umwihariko.

Mugenzi we witwa Sandra Kabandana nawe uba mu Bubiligi yavuze ko ari ubwa kabiri asuye Polisi y’u Rwanda akemeza ko uko ayisuye yibonera uruhare igira mu gutekanisha abaturage ishinzwe.

Yakomeje agira ati: “Imikorere ya Polisi y’u Rwanda irashimishije nk’urwego ruteye ishema kandi rufitiwe icyizere n’abaturage.”

Sandrine Muziyateke ushinzwe diaspora muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yabwiye Polisi ko abo bana bishimiye gusura uru rwego rw’umutekano.

Sandrine Maziyateke niwe wari uherekeje uru rubyiruko

Mbere yo kurangiza uruzinduko rwabo, abagize iri tsinda ry’urubyiruko batemberejwe barekwa ibikorwaremezo bitandukanye bya Polisi y’u Rwanda.

 

TAGGED:DiasporafeaturedPolisiRutikangaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Akarere Ka Mbere Mu Mukamo Ariko Kagwingiza Abana
Next Article Ngirente Yatashye Uruganda Rw’Inyange Rukora Amata Y’Ifu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?