Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomo Rwa Chameleone Rugiye Kumukoraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Urugomo Rwa Chameleone Rugiye Kumukoraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2023 7:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutabera bwa Uganda bwatumije umuhanzi uri mu bamamaye kurusha abandi mu Karere Uganda iherereyemo witwa Jose Chameleone kugira ngo asobanure ku byo aregwa byo guhohotera umumotari.

Byabaye ubwo umumotari yagongaga imodoka ya Chameleone iri mu zihenze cyane yo mu bwoko bwa Range Rover.

Uyu muhanzi yazibiranyijwe n’umujinya aramwadukira amuhuragura inkoni yari yitwaje mu modoka ye.

Joseph Mayanja( niyo mazina ya Chameleone) yakoze ruriya rugomo taliki 20, Mutarama, 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uriya mumotari yahuriye na kariya kaga mu muhanda wa Entebbe Road ubwo yari ari mu nzira atashye ahitwa Segeku.

Polisi ya Uganda yavuze ko Chameleone akurikiranyweho ‘kwihanira’.

Ni ibyemezwa n’umuvugizi wayo witwa Fred Enanga.

Umumotari wagaragaye akubitwa yamaze gutanga ikirego.

Enanga yari yavuze ati:  “Dukeneye ikirego kivuye kuri uriya mumotari wagaragaye akubitwa kandi iperereza riracyakomeje nanone turasaba umutangabuhamya uwo ari we wese wari uhari ibi biba kuza akatubwira uko byagenze.”

- Advertisement -

Bivugwa ko Chameleone yari yabanje kwihanganira y’uko agonzwe, ariko yaje gufata ubushungu(uburakari) nyuma y’amagambo ‘mabi’ yabwiwe n’uwari umaze kumugongera ikinyabiziga.

Ikirego cya motari kiramutse gitangiye kuburanishwa mu minsi iri imbere, bishobora kuzakoma mu nkokora igitaramo Jose Chameleone ateganya  gukora taliki 10, Gashyantare, 2023 yise  ‘‘Gwanga Mujje’’ kizabera ahitwa Lugogo Cricket Oval.

Uyu muhanzi aherutse gusubiza umunyamakuru wari umubajije iby’iriya myitwarire, ko atari umumalayika.

Yagize ati “Ntabwo ndi Malayika, nk’uko n’uriya mumotari nawe atari Malayika. Dukeneye guhindura ibintu bimwe na bimwe mu batwara moto hano muri Uganda.’’

Umugore wa Jose Chameleone, Daniella Atim Mayanja aherutse kwamagana imyitwarire y’umugabo we wadukiriye umuntu akamukubita ‘atababarira.’

TAGGED:ChameleoneimodokaPolisiUgandaUmumotariUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uyobora IMF Yageze Mu Rwanda
Next Article Kubaka Ikiraro Cyo Mu Kirere Gihuza Muhanga Na Gakenke Bigeze Kure
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rwanda:Iminsi Motari Ugomba Kwishyurira Amande Yongerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?