Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhare Rwa Microbes Mu Gukora Chocolat(e) Mukunda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Uruhare Rwa Microbes Mu Gukora Chocolat(e) Mukunda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2021 10:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Chocolat(e) ifite ikintu ihuriyeho n’ikinyobwa bita Kombucha ndetse n’ikiribwa cy’Abanya Koreya y’Epfo kitwa Kimchi. Icyo bihuriyeho ni ibinyabuzima bito bituma biryohera, ibyo binyabuzima ni Microbes.

Kugira ngo chocolat iryohe biterwa n’uko za microbes zihuza zigafata amasukari aba ayikoze zikayahuza akaza aryohereye kandi afite impumuro nziza.

Isukari iri muri Chocolat niyo ituma umuntu wayiriye idatetse cyangwa uwayinyweye mu cyayi yumva afite imbaraga n’akanyamuneza.

Abahanga mu butabire bo mu bihugu byeza igihingwa cya cacao( nicyo kivamo ibinyamisogwe bikurwamo chocolat)  kurusha ibindi ku isi bamaze igihe biga ibanga rituma chocolat iryoha kandi ikagira iriya mpumuro nziza.

Abo bahanga barimo abakorera mu bigo by’ubushashatsi bw’i Lima mu murwa mukuru wa Péru, ab’i Abdjan muri Côte d’Ivoire n’ahandi.

Uko ibinyamisogwe bya Cacao bihinduka Chocolat(e)

Ntacyo byatwara umusomyi  amenye ko chocolat zatangiye kuribwa kera cyane mu gihe Méxique yayoborwaga n’ubwoko bw’aba Olmècs, ubu hashize imyaka 3, 900.

Iyo igiti cya cacao cyera chocolat kimaze gukura, bagasarura imisogwe yacyo( mu Cyongereza bayita Cacao beans) barabyanika bikavamo amazi  neza.

Iyo amazi abishizemo, bitangira kuzana indi mpumuro ariko ikazahinduka uko ibyiciro byo gutunganya biriya binyamisogwe bikorwa gahoro gahoro.

Kugira ngo biriya binyamisogwe bizatangire kuzana impumuro bisaba ko babishyiramo imbetezi, zikabyongerera ubusharire, ubu bukazaba aribwo buzahinduka isukari isa n’aho isharira ariko ikazaryoha nyuma y’igihe.

Iyi sukari isharira tuvuga hano, twayigereranya n’isukari iba iri mu gikatsi kimaze iminsi.

Za mbetezi twavuze haruguru zituma bya binyamisogwe bizana umusemburo abahanga mu butabire bita esters.

Uyu musemburo ucengera mu binyamisogwe imbere, ukazabigumamo kugeza ubwo bizava mu ruganda bwa nyuma( final product).

Bya binyamisogwe iyo byamaze gucengerwa n’uyu musemburo, birasaduka noneho umwuka wa oxygen ugatangira kubyinjiramo.

Iyo ugezemo ugabanya za mbetezi, noneho za bacteria zikabona aho zica ingando.

Izi bacteria zitwa ‘acetic acid bacteria’ bitewe n’uko zikora akazi ko guhindura wa musemburo watewe na za mbetezi, zigahinduka mo acide bita ‘acetic acid’.

Iyi acide niyo iba muri Vinègre.

Iyo iyi acide iyo igeze mo rero ihindura ibintu byose, igatuma bwa busharire bushingiye kuri ya sukari byegerana, bukirundanya(fats) noneho hagatangira akazi k’ibintu bikora n’indurwe( enzymes), zigahindura icyari ubusharire uburyohe.

Iyi mikorere n’imikoranire y’izi bacteria niyo ituma chocolat(e) iryoha uko muyizi.

Izi mpinduka kandi zijyanirana no guhinduka kw’ibara ryayo kuko iba yari isanzwe ari umutuku werurutse nyuma ikaza guhinduka ikigina.

Muri make aka niko kamaro ka microbes mu gutuma chocolat(e) iryoha uko tuyizi.

Chocolat ni kimwe mu biribwa bukundwa n’abanyamujyi bifite
TAGGED:BacteriaChocolatfeaturedIsukariKoreya y'EpfoMicrobes
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Irasaba Ufite Ingengabitekerezo Ya Jenoside Kuyigumana Mu Nda
Next Article Jenoside Yatumye 20% By’Abanyarwanda Bagira Ikibazo Cy’Ubuzima Bwo Mu Mutwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?