Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhare Rw’Abize Imyuga Mu Iterambere Ntirushidikanywaho- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uruhare Rw’Abize Imyuga Mu Iterambere Ntirushidikanywaho- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2024 3:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente avuga ko uruhare rw’abize Imyuga na Tekiniki rudashidikanywaho.

Yabivugiye mu muhango wo kwakira impamyabumenyi zahawe abize imyuga na Tekiniki barangije amasomo muri Rwanda Polytechnic.

Iki kigo gisohoye aba banyeshuri ku nshuro ya karindwi, kuri iyi nshuro bakaba basohotse ari abantu 3000.

Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko Guverinoma izakomeza guteza imbere amasomo y’imyuga na Tekiniki kubera akamaro bifitiye igihugu.

Yashimiye abarezi n’abandi bagize uruhare mu gutuma uburezi mu myuga na Tekiniki bugera kuri bariya banyeshuri.

Ikindi ni uko amashuri y’imyuga na tekiniki mu iterambere ry’ibihugu ari ikintu kinini.

Ngirente avuga ubumenyi butangirwa muri aya mashuri bugira uruhare runini mu iterambere ry’ibikorwaremezo, mu guteza imbere inganda, guhanga imirimo mishya ndetse no mu bindi byiciro by’ubukungu.

Ngo Guverinoma y’u Rwanda yakoze amavugurura agamije kongerera imbaraga urwo rwego rw’uburezi cyane cyane ku myigishirize ihamye y’imyuga na tekiniki binyuranye kandi ku nzego zose.

Gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda ni uguteza imbere ubukungu bushingiye ku bumenyi (Knowledge-based Economy).

Ku bwa Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente, ariyab masomo babona akazi mu buryo bwihuse ugereranyije n’abandi aba imbere mu Gihugu cyangwa mu mahanga.

Biterwa ni uko baba bafite ubumenyingiro bwiyongereyeho n’ikinyabupfura mu byo bakora.

Yanavuze ko ibyiciro byose byigwa muri Rwanda Polytechnic, Leta ibyemera nk’ibyiciro bishobora gusaba akazi.

Ngirente ati : “Ndagira ngo rero mbabwire ko iyo mbogamizi yari ihari mbere yavuyeho, atari icyo cyatumye gusa dushyireho BTech. BTech yagiyeho kugira ngo abanyeshuri biga imyuga bagire uburyo bagenda bazamuka mu ntera. Uhereye kuri Diploma, nurangiza ukumva ukeneye kuvugurura ubumenyi wimuke ujye kuri Advanced Diploma, ugere no kuri BTech.”.

Indi ngingo nziza ni uko ngo Guverinoma y’u Rwanda irimo no gutegura Masters of Technology (MTech) aho abazarangiza BTech bazashobora kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu myuga bazaba bize.

Yunzemo ko Gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda ari uko muri uyu mwaka w’amashuri utaha, BTech zizaba ziboneka kuri Koleji zose zigize Rwanda Polytechnic.

Mu ijambo rye, Dr Edouard Ngirente yashimye ubuyobozi bwa Ministeri y’Uburezi, ubuyobozi bwa Rwanda Polytechnic, abarimu, abayobora IPRCs n’abarimu bakorana nabo n’ aban

yeshuri bitabira izi porogaramu.

TAGGED:featuredImyugaIntebe AmashuriNgirenteTekiniki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IMF Iri Hafi Kuguriza DRC Miliyari $1.5
Next Article Ibikoresho Bihenze By’Ikoranabuhanga Bitazwi Inkomoko Byafatiriwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?