Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku wa 26 Ukwakira 2023, rwategetse ko Harelimana Joseph wamamaye ku izina nka Apôtre Yongwe afungwa iminsi 30 y’agateganyo, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Umucamanza yavuze ko Urukiko rusanga nta kigaragaza koko ko amafaranga yohererezwaga yari insimburamubyizi nk’uko Yongwe yabivuze bityo bikaba bigize impamvu ikomeye ituma akekwaho icyaha akurikiranyweho.

Urukiko ruvuga kandi ko kuba kuba yariyemereye ko telefoni ye yanyuragaho amafaranga menshi kandi hakaba hari abantu batasubijwe ku byifuzo yabaga yabasengeye ngo bisubizwe, ibyagezweho mu iperereza bihagije ngo akekweho icyaha.

Rusanga kandi kuba icyaha Apôtre Yongwe akurikiranyweho giteganirijwe igifungo kiri hagati y’imyaka itatu, bivuze ko kiremereye bityo  agomba gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubushinjacyaha bwari buherutse gusaba Urukiko ko Yongwe  akomeza gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo kuko ari bwo buryo bwatuma icyo cyaha kidakomeza gusubirwamo.

Nubwo yaburanye ahakana icyaha akurikiranyweho mu bihe bitandukanye yemeye ko abantu bamuhaga amafaranga ngo abasengere nubwo imbere y’urukiko yayise “Insimburamubyizi”.

Uyu mugabo yabwiye Urukiko ko kuva yakwimikwa mu 2013, yatunzwe n’amaturo abayoboke be n’abamukurikira bamuhaga bityo ko adatewe isoni no kuvuga ko arya amaturo.

Ku wa 1  Ukwakira 2023 nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwamutaye muri yombi.

TAGGED:AmaturoApotrefeaturedUrukikoYongwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yasenye Aho Abarwanyi Bafatanyije Na Iran Babika Intwaro
Next Article Abahinga Avoka Barasabwa Kongera Umusaruro Ngo Bahaze Isoko Ry’Uburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?