Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku wa 26 Ukwakira 2023, rwategetse ko Harelimana Joseph wamamaye ku izina nka Apôtre Yongwe afungwa iminsi 30 y’agateganyo, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Umucamanza yavuze ko Urukiko rusanga nta kigaragaza koko ko amafaranga yohererezwaga yari insimburamubyizi nk’uko Yongwe yabivuze bityo bikaba bigize impamvu ikomeye ituma akekwaho icyaha akurikiranyweho.

Urukiko ruvuga kandi ko kuba kuba yariyemereye ko telefoni ye yanyuragaho amafaranga menshi kandi hakaba hari abantu batasubijwe ku byifuzo yabaga yabasengeye ngo bisubizwe, ibyagezweho mu iperereza bihagije ngo akekweho icyaha.

Rusanga kandi kuba icyaha Apôtre Yongwe akurikiranyweho giteganirijwe igifungo kiri hagati y’imyaka itatu, bivuze ko kiremereye bityo  agomba gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwari buherutse gusaba Urukiko ko Yongwe  akomeza gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo kuko ari bwo buryo bwatuma icyo cyaha kidakomeza gusubirwamo.

Nubwo yaburanye ahakana icyaha akurikiranyweho mu bihe bitandukanye yemeye ko abantu bamuhaga amafaranga ngo abasengere nubwo imbere y’urukiko yayise “Insimburamubyizi”.

Uyu mugabo yabwiye Urukiko ko kuva yakwimikwa mu 2013, yatunzwe n’amaturo abayoboke be n’abamukurikira bamuhaga bityo ko adatewe isoni no kuvuga ko arya amaturo.

Ku wa 1  Ukwakira 2023 nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwamutaye muri yombi.

TAGGED:AmaturoApotrefeaturedUrukikoYongwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yasenye Aho Abarwanyi Bafatanyije Na Iran Babika Intwaro
Next Article Abahinga Avoka Barasabwa Kongera Umusaruro Ngo Bahaze Isoko Ry’Uburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?