Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urupfu Rw’Uwayoboraga Iperereza Rya Gisirikare Ku Bwa Kabila Rukomeje Kuba Amayobera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urupfu Rw’Uwayoboraga Iperereza Rya Gisirikare Ku Bwa Kabila Rukomeje Kuba Amayobera

Last updated: 08 June 2021 9:31 am
Share
SHARE

Urukiko rwisumbuye rwa Kinshasa rwagize abere abantu bose baregwaga kwica General Delphin Kahimbi, wahoze akuriye iperereza mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC.

Uyu mugabo wari ukomeye ku bwa Perezida Joseph Kabila yasanzwe iwe yapfuye ku wa 28 Gashyantare 2020. Hari nyuma y’iminsi ibiri gusa ahagaritswe mu kazi na Perezida Felix Tshisekedi.

Ibyo byose kandi byabaye nyuma y’uko ku wa 20 Gashyantare 2020 yatangiriwe ku kibuga cy’indege n’Ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka, ashaka kujya muri Afurika y’Epfo.

Mu bahise batabwa muri yombi bakekwaho ruriya rupfu harimo umugore we Brenda Nkoy na nyirabukwe Scholastique Mondo, hamwe n’abandi bantu b’inshuti z’umugore. Hari n’abavugaga ko yaba yiyahuye.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko bariya bagize uruhare mu kwica jenerali ku bushake, bubasabira igihano cy’urupfu.

Gusa kuri uyu wa Mbere urukiko rwabagize abere bose bararekurwa, ruvuga ko nta bimenyetso bifatika Ubushinjacyaha bwagaragaje.

Urubanza rwahise rusozwa nta butabera bubonetse, nk’uko byakunze kugenda ku bantu bakomeye bagiye bicwa muri RDC.

Hari amakuru ko Gen Kahimbi yakekwagaho n’inama nkuru y’umutekano kuba afite uruhare mu bikorwa byo guhisha intwaro no guhungabanya umutekano. Byongeye, ngo yaba yari yarashyizeho ijisho rigenda ku bayobozi bakomeye muri guverinoma.

Gen Kahimbi yari amaze imyaka itandatu ayobora iperereza rya gisirikare.

Mbere yaho yabaye umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu cyiswe Kimya 2 muri Kivu y’Epfo ndetse aba umuyobozi ushinzwe ibikorwa n’ubutasi muri Kivu y’Amajyaruguru.

 

 

TAGGED:FARDCfeaturedGeneral Delphin KahimbiTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urwobo Rwa Bayanga Rwa Huye Rwarasibwe
Next Article Basakuze, Ariko Ni Umufungwa Nk’Abandi – RCS Yasubije Umuryango Wa Rusesabagina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?