Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruzi Rw’Akagera ‘Rugiye’ Kubyazwa Umusaruro Mu Bundi Buryo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uruzi Rw’Akagera ‘Rugiye’ Kubyazwa Umusaruro Mu Bundi Buryo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

K’ubufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ubuyobozi bw’Umuhora wo hagati, uruzi rw’Akagera rugiye gushakirwa ubwato bunini kandi bukomeye buzafasha mu kwinjiza cyangwa gusobora ibicuruzwa mu Rwanda bijya cyangwa biva ku cyambu cya Dar es Salaam.

Ni umushinga bise Akagera Navigability.

Uyu mushinga uri mu yindi u Rwanda rwagejeje ku buyobozi bw’Umuhora wo hagati kugira ngo uzigwe, uterwe inkunga, ushyirwe mu bikorwa.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo Patricie Uwase yaraye agiranye ibiganiro byihariye n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umuhora wo hagati witwa Flory Okandju Okange baganira kuri iyo mishanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byabereye mu cyumba cy’inama cya Minisiteri y’ibikorwaremezo ku Kimihurura mu Karere ka  Gasabo.

Okandju Okange  avuga ko yabonanye na Minisitiri Uwase mu rwego rwo kumugezaho aho imishinga umuhora wo hagati wiyemeje gufashamo uRwanda igeze no kumugisha inama aho abona hakwiye gushyirwa imbaraga.

Ati: “ Twaje guhura na Minisitiri ngo tumugezeho aho imishinga ikigo cyacu kiyemeje gukorana n’u Rwanda igeze tumugishe inama y’aho abona twashyira imbaraga kugira ngo bigende neza kurushaho.”

Yabwiye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo Uwase Patricie ko ubuyobozi bw’Umuhora wo hagati buzasinyana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi, RTDA, amasezerano y’imikoranire mu  mishanga itandukanye harimo n’uwo gukora k’uburyo uruzi rw’Akagera ruba nyabagendwa rugafasha mu bwikorezi bw’ibicuruzwa.

Undi mushinga  Okange avuga ko bateganya gukorana n’u Rwanda ni uwo kubaha inzu abashoferi bakora ingendo ndende batwaye amakamyo ava cyangwa ajya ku cyambu cya Dar es-Salaam bazajya baruhukiramo.

- Advertisement -

Izo nzu bazise ‘road side stations.’

Kuri iyi ngingo Minisitiri Patricie Uwase yasabye ubuyobozi bw’Umuhora wo hagati kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ryawo kubera ko umaze igihe  waremejwe.

Ati: “ Ni umushinga wizwe byemezwa ko ugiye gukorwa ariko uragenda biguru ntege. Ni ngombwa ko wihuta ukarangira kuko nta cyabuze ngo ukorwe.”

Eng Uwase Patricie yasabye abo mu Muhora wo hagati kwihutisha imishinga bemeye kuzakorana n’u Rwanda

Flory Okandju Okange yamwijeje ko azakorana n’abo ayobora bawihutishe uko bizashoboka kose.

Patricie Uwase yaboneyeho no kubaza Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umuhora wo hagati aho umushinga wo gutunganya ubutaka u Rwanda rwahawe ahitwa Isaka ugeze.

Okange avuga ko hari ibiri gukorwa kandi ko bihagaze neza kugeza ubu.

Kuri uyu wa Kabiri ubuyobozi  bw’Umuhora wo hagati burasinyana amasezerano na Federasiyo y’abikorera ku giti cyabo mu rwego rw’imikoranire mu mishanga ifitiye u Rwanda akamaro.

Umuhora wo hagati ni ihuriro ry’ibihugu byo mu Karere k’Afurika yo hagati bigizwe n’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Raporo nto y’ubunyamabanga bukuru bwawo yasohotse muri Mutarama, 2023 ivuga ko mu mwaka wa 2022 hagezweho byinshi birimo imihanda yubatswe igamije koroshya ubucuruzi.

Umwe mu mihanda bishimira yubatswe ari uhuza Gitega mu Burundi na Uvira na Kindu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo

Ni umuhanda wubatswe ku  nkunga yatanzwe na Banki Nyafurika y’iterambere  ndetse n’ikigo cy’Abadage gishinzwe iterambere mpuzamahanga, GIZ.

Indi ntambwe ibihugu bigize uyu muhora byishimira ni uko hari urubyiruko rwahuguwe mu gutwara ubwato bwikorera ibicuruzwa  bibujyana ku mwaro.

Ni amahugurwa yitabiriwe n’Abanyarwanda kandi baje mu bambere.

Ibihugu bigize uyu muhora bivuga ko bizashyira mu bikorwa imishinga yabyo ariko bizirikana no kurengera ibidukikije.

Iyo mishinga irimo kubaka imihanda, ibiraro, ibibuga b’indege n’ibindi bikorwa remezo bigamije koroshya ubuhahirane.

TAGGED:AkagerafeaturedIbihuguIbikorwaMinisitiriRemezoUmuhoraUwase
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Yatangije Ikoranabuhanga Mu Kubika No Guhana Amakuru Ku Buzima Bw’Abayituye
Next Article Ibihugu Bikennye Nabyo Bishobora Gukira- Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?