Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urwibutso Rw’Umugore Wa Pierre Nkurunziza Nyuma Y’Umwaka Umwe Apfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Urwibutso Rw’Umugore Wa Pierre Nkurunziza Nyuma Y’Umwaka Umwe Apfuye

admin
Last updated: 08 June 2021 7:37 pm
admin
Share
SHARE

Ku wa 8 Kamena 2020 – ku wa 8 Kamena 2021, umwaka uruzuye Perezida Pierre Nkurunziza apfuye. Ni urupfu rwavuzweho byinshi byiza n’ibibi, bitewe n’umwuka wa politiki yasize mu Burundi no mu baturanyi babwo.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo u Burundi bwizihije isabukuru y’umwaka umwe w’urupfu rwe, wahujwe n’umunsi wo gukunda igihugu. Wizihirijwe i Gitega mu murwa mukuru wa politiki.

Mu kiganiro kirekire cyatangajwe n’ibiro by’umukuru w’igihugu, Denise Bucumi, umugore wa Nkurunziza, yagarutse ku buryo bamenyanye n’ibyo amwibukiraho.

Mu mwaka wa 1993 Nkurunziza yarokotse ubwicanyi, icyo gihe akaba yari umwalimu muri kaminuza. Yahise yinjira mu nyeshamba zitwaga FDD z’ishyaka CNDD.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bucumi yavuze uburyo Nkurunziza yagiye atamubwiye, amubeshya ko agiye gusura umuntu w’inshuti yabo kandi ko azagaruka bukeye bwaho.

Icyo gihe Bucumi yari afite umwana w’umwaka umwe n’inda y’amezi ane.

Umugore ngo yategereje Nkurunziza ntiyagaruka, hashize nk’icyumweru abaza abantu, aza kumenya amakuru ko yagiye mu gisirikare. Yasabye uwamuhaye amakuru ko nasubirayo yazamujyanira ibaruwa, akayishyikiriza umugabo we.

Ati “Nuko njya kwandika ibaruwa. Ndandika rero urabona umuntu ubabaye, ndandika mubaza ngo nagukoreye iki cyatuma unsiga utansezeye, byagenze gute, nyine urwandiko rw’umuntu ubabaye.”

“Ndarwohereza, ntabwo natekerezaga ko yansubiza. Nyuma yaje kunsubiza n’amagambo atuje cyane, makeya, arambwira ngo icyatumye ngenda kirahari kandi ntabwo nabikwandikira mu ibaruwa, kereka tubonanye nibwo nabikubwira neza ukabyumva.”

- Advertisement -

Umunsi wo kumusura ugeze, Bucumi yagiye kureba Nkurunziza, amugezeho amwakiriza byeri, undi arishima cyane.

Bucumi ngo yabyaye umwana wa kabiri umugabo ataragaruka.

Uyu mugore ngo yajyaga gusenga, umunsi umwe umugore amuhanurira ko yamubonye ajya muri Tanzania abundabunda, amarayo akanya gato, agaruka mu cyubahiro gikomeye.

Bucumi ati “Nanjye mbyakira uko nyine kandi ni nako byagenze.”

Muri icyo gihe kubera ko abantu bari bazi ko umugabo we yagiye mu nyeshyamba ziteguraga gutera igihugu, ngo bamuhozagaho ijisho bavuga ko umunsi yahunze bazamenya ko ibintu bigiye kuba bibi mu gihugu.

Mu 2000 Nkurunziza yaje kumutumaho muri Tanzania, ubwo hendaga gusinywa amasezerano na Leta y’u Burundi.

Bucumi ati “Niyo mpamvu nari mfite ubwoba mvuga nti babonye nambutse umupaka baramfata. Nari mfite pasiporo, mfite ibikenewe byose ariko kandi nari nasenze Imana, mbere yo kugenda mbona iranyemereye.”

“Mu kugaruka rero hantu nagiye n’imodoka nkagaruka n’indege, ndi kumwe n’abandi, bampaye umuntu ugenda untunganyiriza ibintu, urumva nagarutse mu cyubahiro, ibyo uriya muntu yahanuye nza kubona ko aribyo, kandi namazeyo amezi atanu gusa.”

Ubuzima bushya muri politiki

Bucumi avuga ko yageze muri Tanzania muri Nyakanga, basinya amasezerano mu Ugushyingo, nyuma y’ukwezi kumwe bataha mu gihugu.

Bageze mu Burundi Bucumi atangira gushaka mwenewabo uza kumucumbikira, asanga ibintu byarahindutse, ahabwa abasirikare bo muri Afurika y’Epfo bo kumurinda, ajyanwa muri Hotel Meridien.

Ati “Nageze muri hoteli nsangamo abasirikare barenga 20, barambwira ngo urarara hano nicyo cyumba cyawe, Nkurunziza azaza agusange hano.”

Mbere y’uko abana bahura na se, ngo yababeshyaga ko yagiye kwiga, atinze atangira kubabeshya ko yatangiye akazi ka kure. Nyuma baje kumusanga mu ishyamba amazemo imyaka umunani.

Nkurunziza ageze mu Burundi yabanje kuba Minisitiri w’Ubutegetsi, nyuma ishyaka rye rimwemeza nk’umukandida ku mwanya wa perezida, aza no gutorwa mu 2005.

Bucumi ati “Naratangaye cyane nshima Imana, nkabona ni ibitangaza. Twarinze turangiza nyine iriya myaka bavuga ko bazamwica, ko nta kwezi azamara, ukwezi akumaze ngo nta mezi atatu, amezi atatu ayamaze ngo nta mwaka, eh! Uko iyo minsi yagendaga ishira nabonaga igitangaza.”

Avuga ko yabanje kugorwa no kuba umugore wa perezida, udafite uburenganzira bwo kwigira mu isoko guhaha indagara nk’uko byahoze.

Urwibutso kuri Nkurunziza

Bucumi avuga ko umugabo we yakundaga gusenga yaba avuye ku kazi cyangwa agiyeyo.

Yakomeje ati “Urwibutso yadusigiye ni ugusenga dukora, kandi nuyu munsi njyewe n’abana dukomeza kubigenderaho.”

Nkurunziza ngo yari afite iminsi ibiri mu cyumweru yiyirizaga, asenga gusa. Ngo ibintu byinshi yakoraga yabanzaga gusenga, akabyuka saa kumi za mu gitondo ku buryo atajyaga na rimwe akererwa akazi. Ikindi ngo yakundaga siporo.

Yakomeje ati “Nubwo mvuga ngo yarasengaga, mwarabibonaga ko akora. Yageraga ku kazi kare, ku masaha, icyo nacyo kiri mu murage yadusigiye, kudakererwaku kazi.”

“Yageraga ku kazi kare, akunda ibikorwa, ari ibikorwa by’igihugu, ari ibikorwa by’umuryango, kujya guhinga mu mirima yacu, kureba ibihingwa, byose akabyitwararira, biri mu bintu yadusigiye.”

Nkurunziza amaze gupfa nabwo Bucumi yarapfukamye arasenga, kubera ko yumvaga neza ko kurira akavuza induru ntacyo biri bubafashe.

Pierre Nkurunziza wari ufite imyaka 55, we na Bucumi bafitanye abana batanu.

 

Denise Nkurunziza hamwe n’umuhungu we w’imfura, mu muhango wo kwibuka Pierre Nkurunziza
Denise Bucumi ashyira indabo ku mva y’umugabo we

 

 

 

 

 

 

 

 

 

TAGGED:Denise BucumifeaturedNkurunziza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashimye Ubufatanye Mastercard Foundation Igiye Gushoramo Miliyari $1.3
Next Article Umubyeyi Wo Muri Ngororero ‘Urerera Abandi Mu Irerero’ Asaba Leta Agahimbazamusyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?