Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: USA: Abantu Umunani Barashwe Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

USA: Abantu Umunani Barashwe Barapfa

Last updated: 17 March 2021 7:32 pm
Share
SHARE

Abantu umunani biganjemo abagore bakomoka ku mugabane wa Aziya bishwe barashwe mu bikorwa byabereye ahantu hatatu hatandukanye, umusore ukekwaho ubwo bwicanyi akaba yatawe muri yombi.

Ubwo bwicanyi bwatangiye mu gitondo ubwo abantu batanu barasirwaga ahakorerwa ibyo kugorora ingingo(massage) hazwi nka Young’s Asian Massage, mu gace ka Acworth muri Leta ya Georgia.

Abantu babiri bahise bitaba Imana, batatu bajyanwa kwa muganga igitaraganya ariko babiri muri bo bapfa bazize ibikomere. Mu bari bamaze gupfa uko ari bane, babiri bari abagore bakomoka muri Aziya mu gihe abandi bari umugore n’umugabo b’Abazungu.

Nyuma y’iminota 50 Polisi yaje kumenya ko ahazwi nka Gold Spa mu gace ka Buckhead muri Atlanta habereye ubujura bwitwaje intwaro, ihasanga imirambo y’abagore batatu.

Mu gihe abapolisi bari bakiri aho, bakiriye amakuru ko hafi aho kuri Aromatherapy Spa habereye ukurasana, bahasanga umugore warashwe arapfa.

Korea y’Epfo yaje kwemeza ko abantu bane mu bishwe bari abaturage bayo.

Umuyobozi wa Polisi ya Atlanta Rodney Bryant yatangaje ko aho abapfuye barasiwe, amashusho yafashwe na kamera (camera) zo ku muhanda yerekanye ko imodoka imwe yageze aho hantu hose, ku buryo uwari uyirimo ari we wakoze ubwo bwicanyi.

Nyuma y’amasaha abiri igitero cya nyuma kibaye, Polisi y’akarere ka Crisp mu bilometero 241 mu majyepfo ya Atlanta yamenyeshejwe ko ukekwaho ubwo bwicanyi witwa Robert Aaron Long arimo kwerekezayo.

Inzego zibishinzwe zahise zimukurikira aho yari mu modoka ya Hyundai Tucson y’umukara, ahita atabwa muri yombi.

Ntabwo impamvu yateye ubwo bwicanyi iramenyekana, gusa hari ubwoba ko bwari bugambiriye abaturage bakomoka muri Aziya.

Abo baturage bakomeje kwibasirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kenshi bakitirirwa ko bari inyuma y’uburyo icyorezo cya COVID-19 cyakajije umurego.

Mu cyumba cya Massage hamwe mu harasiwe bariya bantu
Imodoka imwe yagaragaye ahabereye ubu bwicanyi hose
Uyu musore yagendaga muri Hyundai Tucson y’umukara
Robert Aaron Long yatawe muri yombi
TAGGED:AmasasufeaturedKurasaPolisiRobert Aaron LongUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isi Ituwe N’Amoko Angahe Y’Ibinyabuzima?…Ibisubizo By’Impuguke
Next Article Leta Igiye Gutangaza Ibipimo Bishya By’Imisoro y’Ubutaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?