Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Utwara Ambulance Ya CHUK Afungiye Kwiyitirira Polisi Akaka Ruswa Abakoze Impanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Utwara Ambulance Ya CHUK Afungiye Kwiyitirira Polisi Akaka Ruswa Abakoze Impanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2021 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu minsi ishize Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Rutaganda, ivuga ko yamutaye muri yombi nyuma y’amakuru y’uko yiyitaga Komanda wa Polisi ukora mu  by’umutekano w’umuhanda akaka abashoferi bakoze impanuka amafaranga avuga ko ari ayo kuzabafasha kubakurikiranira ikibazo.

Uyu mugabo witwa Rutaganda we avuga ko atigeze yaka bariya bantu amafaranga, ahubwo ngo yabatse nomero zabo ngo azababaze uko bamerewe.

Yemera ko icyo umutimana we umuciraho urubanza ari uko hari abamwoherereje amafaranga kuri Mobile Money ariko ntiyayabasubiza.

Ati: “ Mu by’ukuri iki nicyo nicuza kandi rwose ndasaba Abanyarwanda imbabazi kuko nararengereye, sinasubiza amafaranga yangezeho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rutaganda avuga ko atari asanzwe aziranye na bariya bantu, ariko ngo yabatse nomero zabo za telefoni agamije kuzakomeza kubabaza uko babayeho nyuma yo kubasanga bakoze impanuka.

Mu bantu batatu yiyemerera ko bamwoherereje amafaranga avuga ko agera ku Frw 150.000, Polisi yari yazanye abantu babiri, umwe w’umumotari, undi akaba umushoferi usanzwe.

Umumotari yabwiye itangazamakuru ko uriya mugabo yamwatse nomero amubwira ko ari umupolisi ushobora kumugira mu kibazo cy’impanuka kigacyemuka.

Ngo yamwijeje ko hadacyenewe amafaranga menshi ko niyo byaba Frw 50 000 yayamuha bigacyemuka, undi amusubiza ko ntayo yabona, bakomeje guciririkanya kugeza ubwo bemeranyije ku Frw 15 000.

Motari yarayamuhaye undi aramuhamagara ngo amusange ku Muhima amwereke uko ibintu byacyemuka neza, undi ajyayo ariko aramutegereza ikirari kiruma!

- Advertisement -

Yabonye ijoro riguye, aritahira, ataha yijujutira ko bamutekeye umutwe.

Undi mugabo mukuru w’umushoferi nawe uvuga ko yatekewe umutwe n’uriya mugabo usanzwe utwara imbangukiragutabara ya CHUK yavuze ko yamenyanye n’uriya mugabo ubwo yamusangaga amaze kugonga umuntu.

Yari asanzwe ari umushoferi wa Ambulance

Yavuze ko nyuma yaje guhamagarwa na nomero atazi( ni iy’uwo mugabo uvugwaho ubutekamutwe) nyirayo amubwira ko amuzi ariko we atamuzi bityo ko amuhamagaye agira ngo amubwire ko ari umurwaza w’uwagonzwe, bityo ko yamuha Frw 100 000 byo kwita ku nkomere.

Uwatekewe umutwe yabwiye itangazamakuru ati: “ Namuhaye ariya mafaranga ngira ngo ntabare uwo wari wakomeretse kuko kuri njye numvaga gutabara uwo nagize uruhare mu byago bye nta kibazo kirimo. Natangajwe n’uko yari umutekamutwe.”

Polisi iti:” Abantu bace akenge, bagire amakenga”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yavuze ko bibabaje kuba hari abantu bagihubuka bagaha abandi amafaranga batazi mu by’ukuri niba akazi biyitirira ari ko bakora koko!

Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera ati: “ Tutagira inama abantu yo kujya bareba kure bagashishoza bakareba niba mu by’ukuri ibyo umuntu abizeza ari byo akora koko.”

Yavuze ko umupolisi aba afite aho abarizwa, aho akorera kandi ko ibyo abapolisi bakora byose biba bifite umurongo bicamo, ko nta muntu wagombye guca mu zindi nzira kugira ngo ibyo ashaka bigerweho kandi hari inzira iboneye isanzwe ho.

Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo yaryo ya 174 rivuga ko kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Umuntu wese wihesha ikintu cy’undi, imari ye yose cyangwa igice  mu buringaya yiyitiriye izina cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko ari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri, ariko kitatenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwana atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

Iyo icyo cyaha gikozwe n’umuntu kugira ngo atange impapuro z’inyemezamigabane, z’inyemezamyenda, inyandiko zigereranywa n’amafaranga, imigabane cyangwa indi nyandiko yose ifite agaciro k’ifaranga ari ibya sosiyete y’ubucuruzi, iby’ikigo gicuruza cyangwa iby’uruganda, igihano kiba kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni eshanu ariko atarenze miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.

TAGGED:AmbulancefeaturedImbangukiragutabaraKaberaMuhimaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwarengeje 10% by’Abakingiwe Byuzuye COVID-19
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Indahiro Ya Minisitiri w’Ubutabera Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?