Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwa Mbere Yegukanye Moto Muri Tombola Ya Canal +Plus Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Uwa Mbere Yegukanye Moto Muri Tombola Ya Canal +Plus Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2021 5:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe gito ikigo gicuruza amashusho Canal + Rwanda gitangije tombola ku bakiliya bacyo kugira  ngo uwo asekeye atombore ibintu by’agaciro, kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021 nibwo uwa mbere Olivier Habumugisha yabaye uwa mbere watomboye moto ifite agaciro kagera hafi kuri miliyoni Frw 2.

Iyi Tombola yatangiye tariki 19, Ugushyingo, 2021.

Yashyizweho mu rwego rwo gufasha abakiliya bayo kuryoherwa n’iminsi mikuru.

Marie Claire Muneza ushinzwe itumanaho muri Canal + Rwanda avuga ko abantu bagombye gukomeza gutombola kuko hari indi moto n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bibagenewe.

Ubusanzwe umukiliya wa Canal + Rwanda uguze ifatabuguzi ahita ahabwa ubwasisi bw’iminsi 15 areba amashene yose.

Marie Claire Muneza ukora muri Canal + Rwanda avuga ko ibyo gutombola bigihari.

Ako kanya kandi ngo ahita ahabwa amahirwe yo kwinjira muri Tombola imuhesha ibihembo birimo Televiziyo, Telefoni zigezweho, Ikarita zo guhaha, Ifatabuguzi ry’Ubuntu ndetse n’igihembo nyamukuru ari cyo moto nk’uko byagenze kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021.

Uwatsindiye Moto ya mbere witwa Olivier Habumugisha yavuze ko yishimiye kuba atomboye iriya moto ifite agaciro cyegereje miliyoni 2 Frw kandi ko azayikoresha ngo imuteze imbere.

Ati: “ Ndishimye. Nzakomeza ntombole kandi nzabishishikariza n’abandi.”

Jules Wanda ushinzwe ishami ryo kwamamaza no kwita ku bakiliya ba CANAL+ RWANDA yavuze ko ibihembo bigihari ndetse ashimangira ko buri wese uguze ifatabuguzi aba yinjiye muri Tombola ako kanya.

Abandi batsinze kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021 ni Eliane Irambona watsindiye Televiziyo igezweho ifite ibyo bita inches 43 ifite agaciro kari hagati ya Frw 350 000 na Frw 400 000.

Undi watomboye nk’ibi ni Noel Habumugisha.

Theoneste Habumugisha we yatomboye guhabwa ifatabuguzi ry’ubuntu ryitwa Ubuki mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Yibukije  abantu ko umukiriya wa Canal+ wifuza kugura ifatabuguzi  agana iduka rya CANAL+ rimwegereye cyangwa agakoresha telefoni ngendanwa, aho kuri MTN Mobile Money  akanda *182*3*1*4# n’aho ukoresha Airtel Money agakanda *500*7# cyangwa se Ecobank Mobile App.

TAGGED:Canal +featuredMotoTombola
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Batatu Bafatanwe Magendu y’Inzoga z’Ibyotsi Za Miliyoni Zisaga 30 Frw
Next Article Umutwe Udasanzwe wa RDF Wasoje Imyitozo i Nasho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?