Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwa Mbere Yegukanye Moto Muri Tombola Ya Canal +Plus Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Uwa Mbere Yegukanye Moto Muri Tombola Ya Canal +Plus Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2021 5:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe gito ikigo gicuruza amashusho Canal + Rwanda gitangije tombola ku bakiliya bacyo kugira  ngo uwo asekeye atombore ibintu by’agaciro, kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021 nibwo uwa mbere Olivier Habumugisha yabaye uwa mbere watomboye moto ifite agaciro kagera hafi kuri miliyoni Frw 2.

Iyi Tombola yatangiye tariki 19, Ugushyingo, 2021.

Yashyizweho mu rwego rwo gufasha abakiliya bayo kuryoherwa n’iminsi mikuru.

Marie Claire Muneza ushinzwe itumanaho muri Canal + Rwanda avuga ko abantu bagombye gukomeza gutombola kuko hari indi moto n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bibagenewe.

Ubusanzwe umukiliya wa Canal + Rwanda uguze ifatabuguzi ahita ahabwa ubwasisi bw’iminsi 15 areba amashene yose.

Marie Claire Muneza ukora muri Canal + Rwanda avuga ko ibyo gutombola bigihari.

Ako kanya kandi ngo ahita ahabwa amahirwe yo kwinjira muri Tombola imuhesha ibihembo birimo Televiziyo, Telefoni zigezweho, Ikarita zo guhaha, Ifatabuguzi ry’Ubuntu ndetse n’igihembo nyamukuru ari cyo moto nk’uko byagenze kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021.

Uwatsindiye Moto ya mbere witwa Olivier Habumugisha yavuze ko yishimiye kuba atomboye iriya moto ifite agaciro cyegereje miliyoni 2 Frw kandi ko azayikoresha ngo imuteze imbere.

Ati: “ Ndishimye. Nzakomeza ntombole kandi nzabishishikariza n’abandi.”

Jules Wanda ushinzwe ishami ryo kwamamaza no kwita ku bakiliya ba CANAL+ RWANDA yavuze ko ibihembo bigihari ndetse ashimangira ko buri wese uguze ifatabuguzi aba yinjiye muri Tombola ako kanya.

Abandi batsinze kuri uyu wa Kane tariki 23, Ukuboza, 2021 ni Eliane Irambona watsindiye Televiziyo igezweho ifite ibyo bita inches 43 ifite agaciro kari hagati ya Frw 350 000 na Frw 400 000.

Undi watomboye nk’ibi ni Noel Habumugisha.

Theoneste Habumugisha we yatomboye guhabwa ifatabuguzi ry’ubuntu ryitwa Ubuki mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Yibukije  abantu ko umukiriya wa Canal+ wifuza kugura ifatabuguzi  agana iduka rya CANAL+ rimwegereye cyangwa agakoresha telefoni ngendanwa, aho kuri MTN Mobile Money  akanda *182*3*1*4# n’aho ukoresha Airtel Money agakanda *500*7# cyangwa se Ecobank Mobile App.

TAGGED:Canal +featuredMotoTombola
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Batatu Bafatanwe Magendu y’Inzoga z’Ibyotsi Za Miliyoni Zisaga 30 Frw
Next Article Umutwe Udasanzwe wa RDF Wasoje Imyitozo i Nasho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?