Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe wa Congo- Kinshasa Imbere Y’Urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe wa Congo- Kinshasa Imbere Y’Urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2021 10:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Augustin Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ubu akaba ari Senateri, kuri uyu wa Mbere yitabye urukiko rushinzwe kurengera Itegeko nshinga atumijwe n’Umushinjacyaha mukuru warwo.

Akurikiranyweho ibyaha birimo no kunyereza umutungo wa Leta, iki cyaha akaba yaragikoze ubwo yari Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu cyayoborwaga na Joseph Kabila.

Nyuma yo gusomerwa ibyo aregwa no kuvuga niba abyemera cyangwa abihakana, Matata Ponyo yaratashye ariko agomba kongera kurwitaba kuri uyu wa Kabiri tariki 13, Nyakanga, 2021.

RFI yanditse ko mu byo aregwa, harimo amafaranga ubushinjacyaha buvuga ko yanyereje ntiyajya mu kigega cya Leta nyuma y’uko ba nyirayo biganjemo abatuye muri kiriya gihugu cyera kikitwa Zaïre bishyuye amafaranga yo kwitwa abaturage b’iki gihugu ariko Ponyo ‘akayanyereza.’

Icyo gihe hari Politiki bitaga ‘zaïrianisation’ ni ukuvuga hagati y’umwaka wa 2021 n’umwaka wa 2015.

Hari ikindi cyaha aregwa harimo no kunyereza amafaranga yari agenewe gutunganya icyanya cy’inganda cy’ahitwa Bukanga-Lonzo.

Umushinjacyaha mukuru mu Rukiko rushinzwe kurinda Itegeko nshinga yabonye uburenganzira bwo gukura ubudahangarwa kuri Bwana Augustin Matata Ponyo kugira ngo abone uko akurikiranwa.

Uburenganzira bwatanzwe n’ubuyobozi bukuru bwa Sena ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo

Bwana Matata Ponyo we ahakana ibyo ashinjwa byose, akavuga ko byahimbwe kubera inyungu za Politiki.

Abamushyigikiye bavuga ko ibiri gukorwa biri mu mugambi wo kumubuza kuziyamariza kuyobora kiriya gihugu ngo ahangane na Perezida Felix Tshisekedi mu matora azaba mu mwaka wa 2023.

TAGGED:DemukarasifeaturedMatataPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya Uganda Yashizemo Amavuta Igeze Muri Tanzania
Next Article Mu Rwanda Hageze Ibikoresho Bifasha Umuntu Kwipima COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?