Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ari Umufasha Wa Perezida Wa Namibia Yahawe Inshingano Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Uwahoze Ari Umufasha Wa Perezida Wa Namibia Yahawe Inshingano Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2024 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Monica Geingos wahoze ari umufasha wa Perezida wa Namibia yahawe inshingano zo kuyobora Kaminuza ya Kepler ifite icyicaro mu Mujyi wa Kigali.

Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza nibwo bwabitangaje kuri uyu wa Mbere taliki 19, Kanama, 2024.

Madamu Geingos azafatanya na Prof. Baylie Damtie Yeshita usanzwe ari umuyobozi wungirije w’iyi Kaminuza na Ambasaderi  Charles Murigande  uyobora Inama y’ubutegetsi y’iyi Kaminuza.

Monica Geingos ni umunyamategeko, akaba afite imyaka 47 y’amavuko akaba asanzwe azi guteza imbere inzego z’abikorera n’iza Leta yo mu gihugu cye Namibia.

Amb Murigande yabwiye The New Times ko bishimiye ko Nyakubahwa Monica Geingos aba umuyobozi wa mbere w’iyi Kaminuza ikorera mu Mujyi wa Kigali .

Monica Geingos yabaye umufasha wa Perezida wa Namibia kuva muri Werurwe, 2015 kugeza muri Gashyantare, 2024 ubwo umugabo we yatabarukaga.

Mu minsi mike ishize, Madamu Geingos yayoboraga umuryango witwa Organisation of African First Ladies for Development (OAFLAD) uwubereye Perezida.

Madamu Geingos ashima izo nshingano nshya yahawe, akavuga ko azakorana umwete kugira ngo iriya Kaminuza itere imbere.

TAGGED:featuredInshinganoKaminuzaKeplerMonique
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: FPR Inkotanyi Yahaye Inka Uwabyaye Yaje Kwamamaza Kagame
Next Article Rulindo, Musanze, Gicumbi, Burera: Bagiye Gusenya Insengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?