Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwanditse Itangazo Rya Leta Ryo Kubika Ambasaderi W’u Butaliyani Yirukanywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uwanditse Itangazo Rya Leta Ryo Kubika Ambasaderi W’u Butaliyani Yirukanywe

taarifa@media
Last updated: 25 February 2021 10:15 am
taarifa@media
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano akaba na Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yirukanye ku kazi uwari umuyobozi wungirije w’ibiro bye, Bulakali Mululunganya Aristide, amuziza amakosa mu itangazo ryabikaga urupfu rw’uwari Ambasaderi w’u Butaliyani muri icyo gihugu, Luca Attanasio.

Ku wa Mbere nibwo uwo mudipolomate yarasiwe hafi ya Goma, ubwo yari kumwe n’abakozi b’itsinda ry’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Ibiribwa, PAM.

Nyuma y’urwo rupfu, Guverinoma ya RDC yasohoye itangazo ivuga ko rwagizwemo uruhare n’umutwe w’abarwanyi wa FDLR.

Minisiteri y’umutekano ariko kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo ko yahagaritse ku kazi umuyobozi wungirije w’ibiro bya Minisitiri, ashinjwa ko nyuma y’urwo rupfu yasinye ndetse agatangaza ubutumwa mu binyamakuru byo mu gihugu na mpuzamahanga, atabifitiye ububasha cyangwa ngo abe yabiherewe uburenganzira.

Ni ibintu ngo yakoze atabyemerewe, kandi avugamo Minisiteri y’umutekano na Guverinoma ya RDC.

Muri icyo gitero, umurinzi wa Ambasaderi Attanasio witwaga Vittorio Iacovacci yahize agwa aho, mu gihe uwo mudipolomate yaguye mu bitaro by’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo, Monusco, kubera ibikomere yagize ubwo yaraswaga mu nda.

Minisiteri y’umutekano ya RDC yatangaje ko ambasaderi yagiriye uruzinduko mu bice birimo umutekano muke atabimenyesheje ubutegetsi bwa leta, haba ku rwego rw’gihugu cyangwa urw’intara, ngo ahabwe umutekano uhagije.

Inama y’umutekano yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi yahise itegeka ko nta mudipolomate uzongera kurenga umurwa mukuru Kinshasa ngo agirire uruzinduko imbere mu gihugu, atabanje kubimenyekanisha no guhabwa uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

TAGGED:featuredMinisitiriRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Ndangamuco Cy’Abafaransa Kigiye Kongera Gufungurwa Mu Rwanda
Next Article Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Mu Rwanda Igiye Gusubukurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?