Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwanditse Itangazo Rya Leta Ryo Kubika Ambasaderi W’u Butaliyani Yirukanywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uwanditse Itangazo Rya Leta Ryo Kubika Ambasaderi W’u Butaliyani Yirukanywe

taarifa@media
Last updated: 25 February 2021 10:15 am
taarifa@media
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano akaba na Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yirukanye ku kazi uwari umuyobozi wungirije w’ibiro bye, Bulakali Mululunganya Aristide, amuziza amakosa mu itangazo ryabikaga urupfu rw’uwari Ambasaderi w’u Butaliyani muri icyo gihugu, Luca Attanasio.

Ku wa Mbere nibwo uwo mudipolomate yarasiwe hafi ya Goma, ubwo yari kumwe n’abakozi b’itsinda ry’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Ibiribwa, PAM.

Nyuma y’urwo rupfu, Guverinoma ya RDC yasohoye itangazo ivuga ko rwagizwemo uruhare n’umutwe w’abarwanyi wa FDLR.

Minisiteri y’umutekano ariko kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo ko yahagaritse ku kazi umuyobozi wungirije w’ibiro bya Minisitiri, ashinjwa ko nyuma y’urwo rupfu yasinye ndetse agatangaza ubutumwa mu binyamakuru byo mu gihugu na mpuzamahanga, atabifitiye ububasha cyangwa ngo abe yabiherewe uburenganzira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ibintu ngo yakoze atabyemerewe, kandi avugamo Minisiteri y’umutekano na Guverinoma ya RDC.

Muri icyo gitero, umurinzi wa Ambasaderi Attanasio witwaga Vittorio Iacovacci yahize agwa aho, mu gihe uwo mudipolomate yaguye mu bitaro by’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo, Monusco, kubera ibikomere yagize ubwo yaraswaga mu nda.

Minisiteri y’umutekano ya RDC yatangaje ko ambasaderi yagiriye uruzinduko mu bice birimo umutekano muke atabimenyesheje ubutegetsi bwa leta, haba ku rwego rw’gihugu cyangwa urw’intara, ngo ahabwe umutekano uhagije.

Inama y’umutekano yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi yahise itegeka ko nta mudipolomate uzongera kurenga umurwa mukuru Kinshasa ngo agirire uruzinduko imbere mu gihugu, atabanje kubimenyekanisha no guhabwa uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

TAGGED:featuredMinisitiriRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Ndangamuco Cy’Abafaransa Kigiye Kongera Gufungurwa Mu Rwanda
Next Article Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Mu Rwanda Igiye Gusubukurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?