Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2021 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo aheruka kuganiriza abavuga rikijyana mu Ntara y’Amajyaruguru, yakomoje ku bantu bagambanira u Rwanda baba mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Ababwira ko biri mu nyungu zabo kubanira neza u Rwanda ‘kurusha kuruhemukira.’

Kagame yavuze ko hari abantu bahoze mu nzego nkuru za Politiki no mu za gisirikare bahunga igihugu bagera hanze bakarugambanira, bakizezwa ko bazaterwa inkunga n’aho bahungiye kugira ngo bagaruka bakureho ubutegetsi buri mu Rwanda.

Bamwe ngo bahoze ari Abajenerali, abandi ari aba Minisitiri n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko  bitangaje ko bariya bantu iyo bageze iyo mu mahanga abo bahasanze batababaza ikibazanye, ahubwo bakabakira neza.

Avuga ko iyo bagezeyo abo bahasanze babaha ikaze, bakabizeza ko bagiye gukorana nabo kugira ngo bazasubire yo bahindure aho bavuye, ‘bamere nk’abo.’

Ati: “ Ibi rero byaranze kandi aho abo bari hose, ntacyo bigeze babafasha kandi bari hanyuma y’uko bavuye bameze bakiri hano.”

Perezida Kagame avuga ko icyo abavuye mu Rwanda bakorera hanze, ari ukurutuka ariko ngo nta muntu wishwe n’ibitutsi.

Kuri we, ikica ni ibitutsi n’inzara abo avuga ko batuka u Rwanda bafite.

Kuba ibyo abo bantu bavuga basebya u Rwanda bitagira icyo bitanga ngo biterwa n’uko Abanyarwanda babinyomoza, bakabitesha agaciro.

Yemeza ko Abanyarwanda bazi aho bavuye, aho bageze n’icyahabagejeje ari bo bahangana n’abatuka cyangwa bagatukisha u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu avuga ko Abanyarwanda bazi neza abo bantu babatukira igihugu, amazina yabo yose ngo barayazi.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi u Rwanda ari igihugu gifite intego yo gutera imbere kandi ko abantu bose bashaka kurukoma mu nkokora batazabishobora, ahubwo ko byaba byiza babiretse bakifatanya n’abandi mu kurwubaka.

Ati: “Kwibwira ko, yaba ari abari hanze, abari hano , bakibwira ko bagira batya bagahindura ibintu uko babyifuza byo, ni ukwanga kumva ukuri gusa n’aho ubundi barabwiwe bihagije kandi bamaze kubona ingero nyinshi. Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza.”

Abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru bari muri kiriya kiganiro
TAGGED:featuredKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi, Gukomanyirizwa… Impamvu Zatumye Inkingo Za COVID-19 Ziba Nke Ku Isi
Next Article Cricket: Kenya yatsinze Namibia Yegukana Irushanwa Ryo ‘Kwibuka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?