Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2021 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo aheruka kuganiriza abavuga rikijyana mu Ntara y’Amajyaruguru, yakomoje ku bantu bagambanira u Rwanda baba mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Ababwira ko biri mu nyungu zabo kubanira neza u Rwanda ‘kurusha kuruhemukira.’

Kagame yavuze ko hari abantu bahoze mu nzego nkuru za Politiki no mu za gisirikare bahunga igihugu bagera hanze bakarugambanira, bakizezwa ko bazaterwa inkunga n’aho bahungiye kugira ngo bagaruka bakureho ubutegetsi buri mu Rwanda.

Bamwe ngo bahoze ari Abajenerali, abandi ari aba Minisitiri n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko  bitangaje ko bariya bantu iyo bageze iyo mu mahanga abo bahasanze batababaza ikibazanye, ahubwo bakabakira neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko iyo bagezeyo abo bahasanze babaha ikaze, bakabizeza ko bagiye gukorana nabo kugira ngo bazasubire yo bahindure aho bavuye, ‘bamere nk’abo.’

Ati: “ Ibi rero byaranze kandi aho abo bari hose, ntacyo bigeze babafasha kandi bari hanyuma y’uko bavuye bameze bakiri hano.”

Perezida Kagame avuga ko icyo abavuye mu Rwanda bakorera hanze, ari ukurutuka ariko ngo nta muntu wishwe n’ibitutsi.

Kuri we, ikica ni ibitutsi n’inzara abo avuga ko batuka u Rwanda bafite.

Kuba ibyo abo bantu bavuga basebya u Rwanda bitagira icyo bitanga ngo biterwa n’uko Abanyarwanda babinyomoza, bakabitesha agaciro.

- Advertisement -

Yemeza ko Abanyarwanda bazi aho bavuye, aho bageze n’icyahabagejeje ari bo bahangana n’abatuka cyangwa bagatukisha u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu avuga ko Abanyarwanda bazi neza abo bantu babatukira igihugu, amazina yabo yose ngo barayazi.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi u Rwanda ari igihugu gifite intego yo gutera imbere kandi ko abantu bose bashaka kurukoma mu nkokora batazabishobora, ahubwo ko byaba byiza babiretse bakifatanya n’abandi mu kurwubaka.

Ati: “Kwibwira ko, yaba ari abari hanze, abari hano , bakibwira ko bagira batya bagahindura ibintu uko babyifuza byo, ni ukwanga kumva ukuri gusa n’aho ubundi barabwiwe bihagije kandi bamaze kubona ingero nyinshi. Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza.”

Abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru bari muri kiriya kiganiro
TAGGED:featuredKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi, Gukomanyirizwa… Impamvu Zatumye Inkingo Za COVID-19 Ziba Nke Ku Isi
Next Article Cricket: Kenya yatsinze Namibia Yegukana Irushanwa Ryo ‘Kwibuka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?