Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2021 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo aheruka kuganiriza abavuga rikijyana mu Ntara y’Amajyaruguru, yakomoje ku bantu bagambanira u Rwanda baba mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Ababwira ko biri mu nyungu zabo kubanira neza u Rwanda ‘kurusha kuruhemukira.’

Kagame yavuze ko hari abantu bahoze mu nzego nkuru za Politiki no mu za gisirikare bahunga igihugu bagera hanze bakarugambanira, bakizezwa ko bazaterwa inkunga n’aho bahungiye kugira ngo bagaruka bakureho ubutegetsi buri mu Rwanda.

Bamwe ngo bahoze ari Abajenerali, abandi ari aba Minisitiri n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko  bitangaje ko bariya bantu iyo bageze iyo mu mahanga abo bahasanze batababaza ikibazanye, ahubwo bakabakira neza.

Avuga ko iyo bagezeyo abo bahasanze babaha ikaze, bakabizeza ko bagiye gukorana nabo kugira ngo bazasubire yo bahindure aho bavuye, ‘bamere nk’abo.’

Ati: “ Ibi rero byaranze kandi aho abo bari hose, ntacyo bigeze babafasha kandi bari hanyuma y’uko bavuye bameze bakiri hano.”

Perezida Kagame avuga ko icyo abavuye mu Rwanda bakorera hanze, ari ukurutuka ariko ngo nta muntu wishwe n’ibitutsi.

Kuri we, ikica ni ibitutsi n’inzara abo avuga ko batuka u Rwanda bafite.

Kuba ibyo abo bantu bavuga basebya u Rwanda bitagira icyo bitanga ngo biterwa n’uko Abanyarwanda babinyomoza, bakabitesha agaciro.

Yemeza ko Abanyarwanda bazi aho bavuye, aho bageze n’icyahabagejeje ari bo bahangana n’abatuka cyangwa bagatukisha u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu avuga ko Abanyarwanda bazi neza abo bantu babatukira igihugu, amazina yabo yose ngo barayazi.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi u Rwanda ari igihugu gifite intego yo gutera imbere kandi ko abantu bose bashaka kurukoma mu nkokora batazabishobora, ahubwo ko byaba byiza babiretse bakifatanya n’abandi mu kurwubaka.

Ati: “Kwibwira ko, yaba ari abari hanze, abari hano , bakibwira ko bagira batya bagahindura ibintu uko babyifuza byo, ni ukwanga kumva ukuri gusa n’aho ubundi barabwiwe bihagije kandi bamaze kubona ingero nyinshi. Uwashaka Yacisha Make Tukabana Neza.”

Abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru bari muri kiriya kiganiro
TAGGED:featuredKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi, Gukomanyirizwa… Impamvu Zatumye Inkingo Za COVID-19 Ziba Nke Ku Isi
Next Article Cricket: Kenya yatsinze Namibia Yegukana Irushanwa Ryo ‘Kwibuka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?