Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwateguye Igitaramo Cya Koffi Olomide i Kigali Yijeje Ko Kizaba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Uwateguye Igitaramo Cya Koffi Olomide i Kigali Yijeje Ko Kizaba

admin
Last updated: 01 December 2021 9:36 am
admin
Share
SHARE

Intore Entertainment Ltd yateguye igitaramo kizaririmbamo umuhanzi Koffi Olomide wo muri Repubulika ya Demokarasiya Congo, yijeje ko kizaba mu gihe hari n’abakomeje kucyamagana basaba ko uriya muhanzi ataririmbira ku butaka bw’u Rwanda.

Olomide wamamaye nka “Le Grand Mopao” ntabwo avugwaho rumwe, kubera ibyaha yakomeje kugenda ashinjwa by’ihohotera rishingiye ku gitsina no gufatira abantu.

Mu minsi ishize uyu mugabo w’imyaka 65 yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka umunani mu rukiko rw’ubujurire rwa Versailles i Paris. Urubanza ruzasomwa tariki 13 z’uku kwezi.

Abamagana iki gitaramo bavuga ko umuntu uregwa guhohotera bishingiye ku gitsina adakwiye gutaramira mu Rwanda, mu gihe ku wa 25 Ugushyingo hatangijwe ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byongeye, kubera ibikorwa ashinjwa hari ibihugu byagiye bimukumira ku buryo adashobora kubitaramiramo.

Bruce Intore uyobora Intore Entertainment Ltd yatangaje ko bakomeje gukurikirana amagambo arimo kuvugwa ku gitaramo cya Olomide.

Yasohoye itangazo avuga ko nk’ikigo cy’imyidagaduro batari mu mwanya wo kugira icyo bavuga ku bijyanye n’imyitwarire mbonera cyangwa ibyaha ashinjwa.

Ati “Twumva neza ko ibibazo nk’ibyo bikwiye gukurikiranwa n’inzego zihariye nk’inkiko n’izindi. Ku ruhande rwacu, dushyigikiye kandi duharanira uburinganire n’ubwubahane by’ubwihariko ku ruhande rw’abagore. Tunubaha ibitekerezo n’uburenganzira by’abatabona ibintu kimwe kuri uyu muhanzi.”

“Mu bijyanye n’imyidagaduro, tunubaha ibihumbi by’abafana bagaragaje ubushake bwo kwitabira iki gitaramo, kandi tuzakora ibishoboka kugira ngo habeho igitaramo gitekanye kandi kibanyuze ku wa 4 Ukuboza 2021, muri Kigali Arena.”

- Advertisement -

Iki kigo kivuga ko nk’ikigo cyigenga giharanira guhuriza abantu hamwe, kandi cyifuza gukomeza kubikora.

Mu barimo kwamagana iki gitaramo harimo Nsanga Sylvie, umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore. Yabwiye kimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu ko iki gitaramo nikiba bazasaba gukora imyigaragambyo.

Ati “Njyewe mfite icyizere ko igitaramo kitazaba kugeza hatangajwe ikindi cyemezo, nikinaba nzasaba Polisi ko twigaragambya twubahiriza amabwiriza ya COVID-19, niba bazemerera abagiye mu gitaramo ntabwo batwangira.”

Biracyasaba gutegereza niba hari izindi nzego zizagira umwanzuro zifata kuri iki kibazo, cyangwa se niba nta kabuza iki gitaramo kizaba.

Kwinjira muri Kigali Arena amatike agurishwa hagati ya 10,000 Frw na 50,000 Frw.

 

TAGGED:COVID-19featuredIntore EntertainmentKoffi Olomide
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Birakwiye Ko Afurika Isonerwa Umwenda Ifitiye U Bushinwa?
Next Article Akamaro Ko Guha Umurimo Umuntu Ufite Ubumuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?