Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboye Ibiro Bya Perezida Mitterrand Yitabaje Urukiko Nyuma Kubazwa Uruhare Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwayoboye Ibiro Bya Perezida Mitterrand Yitabaje Urukiko Nyuma Kubazwa Uruhare Muri Jenoside

admin
Last updated: 05 December 2021 8:43 am
admin
Share
SHARE

Hubert Védrine wabaye Umunyamabanga mukuru w’Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa François Mitterrand, yitabaje inkiko arega uwari ofisiye mu ngabo z’u Bufaransa wari mu Rwanda mu 1994, Guillaume Ancel, amushinja kumusebya.

Ni amagambo yakomeje gukururana nyuma y’itangazwa rya raporo yitiriwe impuguke Duclert, yanzuye ko u Bufaransa bwagize uruhare rukomeye mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, nubwo itemeje ko bwayigizemo uruhare mu buryo butaziguye.

Ancel ni umwe mu Bafaransa bakomeje kugaruka ku byo babonye bijyanye n’uburyo u Bufaransa bwitwaye muri Jenoside mu 1994.

Uhereye nko ku gitabo yanditse yise “Rwanda, la Fin du Silence”, yavuze ko ubutumwa bw’Ingabo z’u Bufaransa mu Rwanda mu 1994 bwiswe ‘Operation Turquoise’ bwari bugamije gufasha Guverinoma yakoraga Jenoside no gukoma mu nkokora ingabo za FPR-Inkotanyi zashakaga kuyihagarika.

Ibyo byose ngo byakozwe mu ishusho y’ubutumwa bugamije gutabara abari mu kaga.

Ancel yari umusirikare wo mu ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda, afite ipeti rya kapiteni. Yaje gusezererwa mu ngabo ari Lieutenant Colonel.

Muri ayo mateka yose Hubert Hubert Védrine yakomeje kugarukwaho ku ruhare yaba yarabigizemo, kuko yari Umunyamabanga Mukuru wa Perezidansi y’u Bufaransa, l’Élysée, kuva mu 1991-1995.

RFI yatangaje ko iki kirego cya Vedrine gihera muri Kamena nyuma y’itangazwa rya raporo Duclert.

Ancel ngo yakomeje gutangaza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, aho yakomeje kwitsa ku kubaza uruhare Védrine yagize muri ariya mateka yemejwe ko u Bufaransa bwagizemo uruhare.

Uburyo yabikozemo ngo nibwo Hubert Védrine yavuze ko ari ugusebanya, nk’uko byemejwe n’umwunganizi we mu mategeko, Me Alexandre Mennucci.

Yagize ati “Ayo mateka agoranye turayemera rwose. Icyo tutemera ni ukwibasira umuntu. Bwana Ancel agereranya Védrine na Maurice Papon wagize uruhare mu kwirukana Abayahudi babaga mu Bufaransa. Védrine ntabwo yigeze na gato akorana n’abajenosideri. Ntabwo ahakana ukuri kwa Jenoside. Yifuza ko agaciro ke kubahirizwa n’urukiko. Niyo mpamvu ya kiriya cyemezo.”

Ni mu gihe Ancel we avuga ko ikibangamiye Hubert Védrine ari uko abazwa uruhare rwe mu byabaye byose.

Yagize ati “Njye nta na rimwe nigeze mugereranya na Maurice Papon. Navuze ko ibyabaye bijya gusa: Ingorane twagize kuri Maurice Papon kugira ngo tubone icyemezo ku byabaye. Ku bwanjye, ikibangamiye Hubert Védrine ni uko abazwa uruhare rwe mu ruhare rukomeye rwa Élysée rwagaragajwe na Komisiyo Duclert.”

Biteganywa ko ku wa 18 Gashyantare 2022 ari bwo urukiko ruzumva niba uregwa yemera icyaha, mbere y’uko gusuzuma ikirego bitangira muri Mata.

Védrine yakoranye imyaka 14 na Perezida Mitterrand kuko uretse kuba Umunyamabanga mukuru wa Élysée, yamubereye umujyanama mu bya dipolomasi mu 1981-1988, umuvugizi we mu 1988- 1991.

Nyuma yaje no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa kuva mu 1997 –2002.

 

TAGGED:featuredFrançois MitterrandHubert VédrineJenoside yakorewe Abatutsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muhanga Uyoboye Operation Shujaa Ya Uganda Muri DRC Ni Muntu Ki?
Next Article Muri Kenya Bisi Yari Itwaye Abagiye Mu Bukwe Yaguye Mu Mugezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?