Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboye Ibiro Bya Perezida Mitterrand Yitabaje Urukiko Nyuma Kubazwa Uruhare Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwayoboye Ibiro Bya Perezida Mitterrand Yitabaje Urukiko Nyuma Kubazwa Uruhare Muri Jenoside

admin
Last updated: 05 December 2021 8:43 am
admin
Share
SHARE

Hubert Védrine wabaye Umunyamabanga mukuru w’Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa François Mitterrand, yitabaje inkiko arega uwari ofisiye mu ngabo z’u Bufaransa wari mu Rwanda mu 1994, Guillaume Ancel, amushinja kumusebya.

Ni amagambo yakomeje gukururana nyuma y’itangazwa rya raporo yitiriwe impuguke Duclert, yanzuye ko u Bufaransa bwagize uruhare rukomeye mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, nubwo itemeje ko bwayigizemo uruhare mu buryo butaziguye.

Ancel ni umwe mu Bafaransa bakomeje kugaruka ku byo babonye bijyanye n’uburyo u Bufaransa bwitwaye muri Jenoside mu 1994.

Uhereye nko ku gitabo yanditse yise “Rwanda, la Fin du Silence”, yavuze ko ubutumwa bw’Ingabo z’u Bufaransa mu Rwanda mu 1994 bwiswe ‘Operation Turquoise’ bwari bugamije gufasha Guverinoma yakoraga Jenoside no gukoma mu nkokora ingabo za FPR-Inkotanyi zashakaga kuyihagarika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyo byose ngo byakozwe mu ishusho y’ubutumwa bugamije gutabara abari mu kaga.

Ancel yari umusirikare wo mu ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda, afite ipeti rya kapiteni. Yaje gusezererwa mu ngabo ari Lieutenant Colonel.

Muri ayo mateka yose Hubert Hubert Védrine yakomeje kugarukwaho ku ruhare yaba yarabigizemo, kuko yari Umunyamabanga Mukuru wa Perezidansi y’u Bufaransa, l’Élysée, kuva mu 1991-1995.

RFI yatangaje ko iki kirego cya Vedrine gihera muri Kamena nyuma y’itangazwa rya raporo Duclert.

Ancel ngo yakomeje gutangaza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, aho yakomeje kwitsa ku kubaza uruhare Védrine yagize muri ariya mateka yemejwe ko u Bufaransa bwagizemo uruhare.

- Advertisement -

Uburyo yabikozemo ngo nibwo Hubert Védrine yavuze ko ari ugusebanya, nk’uko byemejwe n’umwunganizi we mu mategeko, Me Alexandre Mennucci.

Yagize ati “Ayo mateka agoranye turayemera rwose. Icyo tutemera ni ukwibasira umuntu. Bwana Ancel agereranya Védrine na Maurice Papon wagize uruhare mu kwirukana Abayahudi babaga mu Bufaransa. Védrine ntabwo yigeze na gato akorana n’abajenosideri. Ntabwo ahakana ukuri kwa Jenoside. Yifuza ko agaciro ke kubahirizwa n’urukiko. Niyo mpamvu ya kiriya cyemezo.”

Ni mu gihe Ancel we avuga ko ikibangamiye Hubert Védrine ari uko abazwa uruhare rwe mu byabaye byose.

Yagize ati “Njye nta na rimwe nigeze mugereranya na Maurice Papon. Navuze ko ibyabaye bijya gusa: Ingorane twagize kuri Maurice Papon kugira ngo tubone icyemezo ku byabaye. Ku bwanjye, ikibangamiye Hubert Védrine ni uko abazwa uruhare rwe mu ruhare rukomeye rwa Élysée rwagaragajwe na Komisiyo Duclert.”

Biteganywa ko ku wa 18 Gashyantare 2022 ari bwo urukiko ruzumva niba uregwa yemera icyaha, mbere y’uko gusuzuma ikirego bitangira muri Mata.

Védrine yakoranye imyaka 14 na Perezida Mitterrand kuko uretse kuba Umunyamabanga mukuru wa Élysée, yamubereye umujyanama mu bya dipolomasi mu 1981-1988, umuvugizi we mu 1988- 1991.

Nyuma yaje no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa kuva mu 1997 –2002.

 

TAGGED:featuredFrançois MitterrandHubert VédrineJenoside yakorewe Abatutsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muhanga Uyoboye Operation Shujaa Ya Uganda Muri DRC Ni Muntu Ki?
Next Article Muri Kenya Bisi Yari Itwaye Abagiye Mu Bukwe Yaguye Mu Mugezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?