Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwiyamamariza Kuyobora Kenya Ati: “ Nintsinda Nzirukana Abashinwa Bigaruriye Isoko Ryacu”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwiyamamariza Kuyobora Kenya Ati: “ Nintsinda Nzirukana Abashinwa Bigaruriye Isoko Ryacu”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2022 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

William Ruto usanzwe ari Visi Perezida akaba ari no guharanira kuzayobora Kenya yaraye abwiye abayoboye be n’abanya Kenya muri rusange ko natsindira kuyobora Kenya azirukana Abashinwa bose azasanga mu bucuruzi bwa caguwa cyangwa ibindi bikorwa bito byagombye kuba bikorwa n’abanyagihugu ubwabo.

Ruto yashakaga kuvuga ko ubucuruzi buto bwihariwe n’Abashinwa bituma abanya Kenya kavukire babura akazi.

N’ubwo iyi ari imvugo ya Politiki  yo gushaka amajwi mu matora, ku rundi ruhande ishobora gukoza agati mu ntozi ku rubyiruko rudafite akazi rugatangira kwigaragambya no guhohotera Abashinwa.

Ubwo yaganirizaga abagize ihuriro bita Kenya Kwanza Alliance Nairobi Economic Forum mu kiganiro cyabereye ahitwa  Ngong Racecourse, Dr Ruto wo mu ishyaka the United Democratic Alliance (UDA) yavuze ko bidakwiye na gato ko Abashinwa ubasanga mu kazi ko ku rwego rwo hasi k’uburyo abaturage bato bakabura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ruto ati: “ Icyo ntumuzakigireho ikibazo. Dufite indege zihagije zo gushyiramo abo Bashinwa tukabasubiza iwabo.”

Yunzemo ko hari amasezerano Kenya yagiranye n’ibihugu asobanura neza ko hari imirimo bumvikanye ko ari iy’abenegihugu, ko nta munyamahanga ugomba kuyikora.

Iyo mirimo y’abanyamahanga kandi ngo ntigomba kubonekamo gucuruza caguwa, gucuruza ikigage na Fanta n’amata bikonje muri Kiyosike, kugurisha amakara n’indi mirimo nk’iyo.

Visi Perezida William Ruto yavuze biriya nyuma y’uko hari umuturage ukora ibyuma by’ikoranabuhanga wavugiye muri biriya bikorwa byo kwiyamamaza ko hari Abashinwa nabo bakora amaradiyo, telefoni zapfuye bakazisana na televiziyo bigatuma abaturage b’i Nairobi batakaza icyashara.

Umwe mu Bashinwa bacuruza Caguwa i Nairobi.

Uyu muturage witwa Iruku avuga ko ikibababaza kurushaho ari uko Abashinwa batanga ziriya serivisi kuri macye kandi bakaba bafite ibikoresho byiza kurusha abaturage ba Nairobi.

- Advertisement -

Iruku ati: “ Bohereje abana babo inaha ngo bakore akazi twari dusanzwe dukora bituma dutakaza icyashara kandi ikibabaje kurushaho ni uko twe tudashobora kohereza abacu mu Bushinwa ngo bajye kuhakora.”

Hari n’Umusenateri witwa Johnson Sakaja uhagarariye Nairobi muri Sena ya Kenya uvuga ko Abashinwa batinyuka bakajya kugurisha imyambaro ya caguwa mu isoko ry’ahitwa Gikomba, ndetse ngo hari n’abahagurishiriza kawunga.

Senateri Sakaja ati: “ Mu mategeko yacu harimo ingingo y’uko Umunyamahanga atemerewe gukora akazi umuturage wacu yashobora. Bivuze ko ibyo gucuruza caguwa n’uducogocogo bitari mubyo Abashinwa bemerewe gukoramo business iwacu!”

Muri Gacurasi, 2019, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu muri Kenya yavuze ko bidakwiye ko hari abanyamahanga banditse basaba impushya zo gukora ubucuruzi budakorwa n’abenegihugu ariko bikarangira bashoye mu gukora ‘betting.’

Ubucuruzi hagati ya Kenya n’u Bushinwa bwabaruriwe agaciro ka Miliyoni $227.

Ubushinwa kandi buri gufasha Kenya mu mishinga minini y’ibikorwaremezo harimo n’uwo kubaka gariya moshi yiswe SGR, Umuhanda munini uca hejuru y’Umurwa mukuru, Nairobi, Ikigo cy’inganda kigezweho kiswe Konza City, n’ibindi byinshi.

Mu kwiyamamaza kwe, Ruto yavuze ko natsinda amatora, azashyiraho ikigega cyo gufasha abaturage kubona akazi ndetse no gutera inkunga imishinga.

Nation yanditse ko William Ruto yijeje abayoboke be ko azashyira Miliyoni Sh50 muri kiriya kigega kandi ngo yizeye ko bizafasha abaturage biganjemo urubyiruko kwihangira imirimo ariko Leta ikabaha ‘nkunganire.’

TAGGED:AbashinwaCaguwafeaturedKenyaNairobiRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turi Kubashoramo Amafaranga: PM Ngirente Abwira Urubyiruko
Next Article Umubare W’Abishwe N’Umutingito Muri Afghanistan Wageze Ku Bantu 920
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?