Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwiyamamarizaga Kuba Perezida Wa Equateur Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwiyamamarizaga Kuba Perezida Wa Equateur Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2023 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Fernando Villavicencio wari Umudepite akaba no mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta yarashwe arapfa ubwo yiyamamarizaga kuzayobora Equateur, kimwe mu bihugu bibamo urugomo rukomeye ku mugabane w’Amerika y’Amajyepfo.

Yarashwe ubwo yari avuye mu bikorwa byo kwiyamamaza, araswa n’umuntu wamusanze mu nzira iri mu Majyaruguru w’Umurwa mukuru, Quito, agiye gutaha.

Umwe mu bo mu ishyaka rye yabwiye itangazamakuru ryo mu gace icyo cyaha cyabereyemo ko umuntu yacunze Fernando Villavicencio akinjira mu modoka ye ahita amutungura amurasa mu mutwe.

Perezida wa Equateur witwa Guillermo Lasso yatangaje ko abandi bose babigizemo uruhare bazahigwa bagafatwa, bakabihanirwa.

Uwamurashe nawe yarashwe n’abapolisi baramukoretsa cyane biza kumuviramo urupfu.

Villavicencio yari afite imyaka 59 y’amavuko kandi abageze aho yiciwe bavuga ko yarashwe amasasu atatu mu mutwe.

Muri iryo rasana kandi abantu icyenda bahakomerekeye barimo undi wiyamamazaga ndetse n’abapolisi babiri.

Icyiciro cya mbere cy’amatora ya Perezida wa Equateur kizaba taliki 20, Kanama, 2023 kandi Perezida uri ku butegetsi muri iki gihe ntaziyamamaza.

Imwe mu mpamvu ituma Equateur iba iy’abanyarugomo ni ubwinshi bw’ibiyobyabwenge by’amoko atandukanye byahaciye indiri.

Ababicuruza baba mu matsinda bita ‘cartels’ ahora ahigana ubutwari, bigatuma abayagize bahora barasana hagati yabo no hagati yabo na Polisi.

N’ubwo bikiri mu iperereza, hari abavuga ko uriya mugabo yazize ko mu kwiyamamaza kwe yakundaga kugaruka kuri gahunda ye yo guhashya ibiyobyabwenge na ruswa byamunze igihugu.

Asize umugore n’abana batanu, akaba yari umwe mu bantu umunani bari guhatanira kuyobora Equateur.

Equateur, kimwe mu bihugu bibamo urugomo rukomeye ku mugabane w’Amerika y’Amajyepfo.
TAGGED:AmasasuAmatoraEquateurfeaturedPerezidaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jibu Rwanda Yatsindiye Guha Amazi Abazitabira Irushanwa Giants Of Africa Festival
Next Article Indege Y’Ingabo Z’Ubufaransa ‘Yavogereye’ Ikirere Cya Niger
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?