Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwo Biden Ashaka Gushinga CIA Nawe Yikanga U Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uwo Biden Ashaka Gushinga CIA Nawe Yikanga U Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2021 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa William Burns niwe Perezida Joe Biden ashaka gushinga CIA. Burns yavuze ko uko byagenda kose USA itagomba kujenjekera u Bushinwa kuko ari ikibazo ku buhangange bwayo kandi mu nzego nyinshi.

Ambasaderi William Burns yamaze imyaka 30  ahagarariye USA mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyo mu Burasirazuba Bwo Hagati.

Ku munsi w’ejo hashize yabwiye Komite ya Sena ishinzwe ubutasi ko USA igomba guhora icungira hafi u Bushinwa kuko ari igihugu gifite imigambi yo kuyikura ku buyobozi bw’isi.

Kuri we u Bushinwa bwo muri iki gihe buteje akaga USA kurusha uko byahoze mbere kuko umugabo ubuyoboye[Xi Jinping] afite imigambi migari yo kubugira igihangange.

Yabwiye Komite ya Sena ati: “ Hari ahantu henshi kandi hadasiba kwiyongera u Bushinwa bukomeje kutubera ikibazo. Ni igihugu kitorohera abantu.”

Burns avuga ko u Bushinwa buri gukora uko bushoboye kugira ngo bugere ku ntego zabwo kandi yongeraho ko bubikora neza k’uburyo budakomwe mu nkokora bwagera kuri byinshi kandi mu gihe gito.

Ikindi avuga ko gitangaje kandi kigomba kwitonderwa ni uko u Bushinwa bushaka no kugira ijambo ku Banyamerika ubwabo.

Avuga ko kugira ngo USA ishobore guca intege u Bushinwa ari ngombwa ko Abademukarate n’aba Repulicans bahuza umugambi bagakorera hamwe.

Kuri we, guhangana n’u Bushinwa ‘ntibigomba kuba ibya bamwe.’

Avuga ko guhangana n’u Bushinwa bitandukanye cyane no guhangana n’u Burusiya bwaba ubw’ubu cyangwa ubwo mu Ntambara y’Ubutita kuko u Bushinwa bwo ari ikibazo kuri USA haba mu bya gisirikare, mu ikoranabuhanga no mu bukungu.

Ikindi ni uko u Burusiya kuri we ari igihangange cyacitse intege n’ubwo Vladmir Putin ajya ashaka kububyutsa.

CIA ivuga ko kwiga isi n’abayituye bitanga uburyo bwo kwirindira umutekano

Komite ya Sena yose yemeye kandidatire ya William Burns.

Niwe ugiye kuba umuyobozi wa CIA wa mbere wabaye Ambasaderi kuko abandi babaga barabaye abasirikare cyangwa abakozi basanzwe muri CIA cyangwa muri Ambasade za USA hirya no hino ku isi.

William Burns yahagarariye USA mu bihugu birimo u Burusiya na Jordan.

Yakoze akazi gatandukanye i Washington mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Agiye gusimbura David S.Cohen wayoboraga CIA by’agateganyo.

Uyu nawe yayoboye CIA asimbuye Madamu Gina Haspel.

TAGGED:BidenBurnsBushinwafeaturedWilliam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hasabwe Iperereza Rishya Ku Ruhare Rw’U Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Ikigo Ndangamuco Cy’Abafaransa Kigiye Kongera Gufungurwa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hakenewe Miliyari $ 50 Zo Gusana Gaza

DRC Na Uganda Biyemeje Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?