Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Video Y’Imyiteguro Y’Ingabo Z’u Bushinwa Mu Ntambara N’Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Video Y’Imyiteguro Y’Ingabo Z’u Bushinwa Mu Ntambara N’Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 August 2022 3:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe imitwe yashyushye kubera impungenge z’intambara ishobora kuvuka hagati y’Amerika n’u Bushinwa bapfa Taiwan, u Bushinwa bumaze gusohora video yerekana ko ingabo zabwo zamaze kwitegura kurasa Taiwan zinyuze mu kirere, mu mazi no ku butaka.

Ni video isa n’ishaka kwereka Amerika ko u Bushinwa bwamaramarije kurasa Taiwan igihe cyo Pelosi yaba arenze ku muburo bwatanze bumubuza kujyayo.

Hagaragaramo indege z’ubwoko bwose za gisikare zihagaruka ku bibuga by’indege by’u Bushinwa zigana muri Taiwan kandi ziyirasa.

Abasirikare barwanira ku butaka baherekejwe n’ibifaro bikoresha ikoranabuhanga, imodoka zibatwaje intwaro n’ibiribwa n’imiti, ubwato bw’intambara bufite ubunini butandukanye ndetse n’indege z’intambara guhera kuri kajugujugu kugeza ku ndege zikorera izindi …byose bikubiye muri iyi video.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igaragaramo abasirikare bakuru b’u Bushinwa baha abandi amabwiriza yo kurasa umwanzi aho bamusanga hose no kumwivuna mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Iyi video isohotse nyuma y’amasaha make umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo z’u Bushinwa avuga ko ziteguye intambara igihe icyo ari cyo cyose Perezida Xi yatangira uburenganzira.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo z’u Bushinwa  Gen  Wu Qian yavuze ko Nancy Pelosi nasura Taiwan intambara y’u Bushinwa na Taiwan izahita irota. Yatangaje ko ikiguzi iriya ntambara izasaba cyose u Bushinwa buzagitanga ariko bwihanize Taiwan.

Muri iki gihe birakomeye hagati y’Amerika n’u Bushinwa kubera umugambi Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’Amerika Nancy Pelosi afite wo gusura Taiwan.

Ku rutonde rw’abantu bakomeye muri Amerika, Nancy Pelosi aza ku mwanya wa gatatu.

- Advertisement -

Amaze iminsi mu rugendo rw’akazi mu bihugu biri mu Nyanja ya Pacifique birimo na Singapore.

Gen Qian yagize ati: “Nihagira uwo muri USA usura Taiwan, ingabo z’u Bushinwa zigomba guhita zitangiza intambara zitazuyaje. Ikiguzi cyose bizasaba kizatangwa.”

Iki kemezo kije gisanga gasopo Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping aherutse guha mugenzi we w’Amerika Joe Biden amwihanangiriza ko Amerika idakwiye gukina n’umuriro w’u Bushinwa.Hari mu kiganiro bagiranye mu buryo bw’ikoranabuhanga bavuga ku ngingo zirimo n’ubufatanye mu by’ubukungu ibihugu byombi bimaranye igihe.

Icyo itangazamakuru rihanze amaso ni ukureba niba Nancy Pelosi nk’umuyobozi mukuru muri Amerika azirengagiza umuburo w’i Beijing akajya Taipei muri Taiwan.

Abashinwa bemera n’umutima wabo wose ko Taiwan ari Intara y’u Bushinwa.

Ni naho bavanye icyo  bita ‘One China.’

Umuntu wese uvuga ko Taiwan ari igihugu kigenga kidafite aho gihuriye n’u Bushinwa ntashobora kumvikana nabwo.

Kuri iki Cyumweru Taliki 31, Nyakanga, 2022 nibwo itsinda riyobowe na Nancy Pelosi ryatangiye uruzinduko mu bihugu bine by’Aziya.

Ibyo bihugu ni Singapore, Malaysia, Korea y’Epfo n’u Buyapani.

Ibiro bya Pelosi byirinze kuvuga Taiwan ariko ntibibujije ko nayo ishobora kuba iri ku rutonde rw’ibihugu azasura.

Ibihugu azasura azaganira n’ababiyobora ku ngingo zirimo uko imikoranire mu bya gisirikare no mu bukungu yarushaho gutezwa imbere.

Urugendo rwa Pelosi rurabanziriza muri Singapore.

🔴🇨🇳🇺🇸Voici la nouvelle vidéo publiée par les autorités Chinoises face à l’éventualité d’un voyage de @SpeakerPelosi à #Taïwan : «Nous sommes pleinement préparés à toute éventualité. Combattez sur ordre, enterrez chaque intrus, avancez vers une opération conjointe et réussie!» pic.twitter.com/8OHTspzMsP

— LSI AFRICA (@lsiafrica) August 1, 2022

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedPelosi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda ‘Rwageze Aho’ Rugira Icyo Ruvuga Kubyo Rushinjwa Na Sosiyete Sivile Ya Centrafrique
Next Article Guverinoma Igiye Gushyira Miliyari Frw 5 Mu Kigega SACCO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?