Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 6:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Majyaruguru ya Vietnam habaye ibyago byatewe n’inkubi ya karahabutaka byahitanye abantu 60 n’ikiraro gikoreshwa cyane kirariduka imodoka 10 zigwa mu ruzi.

Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu witwa Ho Duc Phoc niwe watangaje iby’iki cyago.

Iyo nkongi bayihaye izina rya Yagi n’aho umugezi waguyemo ziriya modoka witwa Depu.

Kugeza ubu hari abantu bakuwe muri uriya mugezi ariko hari abandi bataraboneka, gusa ntawe uramenya niba hari ugihumeka mubawuguyemo.

Ikiraro byabereyeho guherereye ahitwa Phong Chau.

Nyuma y’uko iki kiraro gihanutse ingabo zasabwe kubaka ikindi cyo kwifashisha kandi zikabikora vuba bishoboka.

Kuva inkubi Yagi yaduka imaze guhitana abantu 60 bo muri Vietnam.

Niyo nkubi ikomeye yadutse muri Aziya kuva umwaka wa 2024 watangira.

Ifite umuvuduko wa kilometero 203 ku isaha.

Siwo gusa uteye ikibazo kuko wakuruye imvura ikomeye yateye imyuzure ndetse n’inkangu ziyongereye kandi zifite ubukana.

Amazi y’umwuzure yabaye menshi ku buryo yazamutse agera kuri metero y’ubutumburuke.

Yatumye imiryango 2,400 yimurwa nk’uko AFP  yanditse.

Ibindi bice bya Vietnam nabyo byasabye ababituye kwimuka kuko hari impungenge ko bazibasirwa na kiriya kiza.

Hagati aho kandi hari n’ibice byo mu Murwa mukuru Hanoi nabyo byasabwe kwimura ababituye.

BBC yo yanditse ko mbere y’uko iriya nkubi igera muri Vietnam yabanje mu Bushinwa no muri Philippines hombi ihica abantu 24.

Hari impungenge ko iyo nkubi yongera ubukana uko igihe gihita…

TAGGED:IbizaInkubiVietnam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Next Article Mu Myaka 26 Umunyarwanda Azaba Ari Umukire Bifatika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?