Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: WhatsApp, Instagram Na Facebook Byaviriyeho Rimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

WhatsApp, Instagram Na Facebook Byaviriyeho Rimwe

Last updated: 04 October 2021 6:58 pm
Share
SHARE

Abakoresha imbuga nkoranyambaga zikunzwe cyane za WhatsApp, Instagram na Facebook baguye mu kantu ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubwo zavagaho zose ku buryo nta wabashaga kuzikoresha mu bice byinshi by’Isi.

Izi mbuga zavuyeho ahagana 17:30, ku buryo kuzikoresha mu buryo bwa ‘web’ zitemeraga gufunguka.

Kuri ‘applications’ bwo zemeraga gufunguka, ariko kubera ko zitakoraga ntiwashoboraga kubona ubutumwa bushya cyangwa ikindi kintu cyose gishobora guhinduka. Ntabwo byashobokaga kwakira cyangwa kohereza ubutumwa haba kuri WhatsApp, Facebook na Instagram.

We’re aware that some people are experiencing issues with WhatsApp at the moment. We’re working to get things back to normal and will send an update here as soon as possible.

Thanks for your patience!

— WhatsApp (@WhatsApp) October 4, 2021

Izi mbuga nkoranyambaga eshatu ni iz’ikigo Facebook Inc, ndetse zifashisha ibikorarwamezo zisagira ku buryo kuva ku murongo icyarimwe bifitanye isano ya hafi.

Izindi mbuga zishamikiyeho nka Facebook Workplace, Oculus n’izindi na zo zahagaze.

Usuye nk’urubuga rwa Instagram, hahitaga hiyanduka ubutumwa “5xx server error,” ku buryo bigaragara ko ikibazo nyamukuru gishingiye ku bubiko bw’amakuru yose ajyanye n’urubuga buzwi nka ‘server’.

We’re aware that some people are having trouble accessing our apps and products. We’re working to get things back to normal as quickly as possible, and we apologize for any inconvenience.

— Meta (@Meta) October 4, 2021

Abahanga mu by’ikoranabuhanga batangaje ko iki kibazo cyahagaritse uburyo butuma iyo umuntu ashakishije urubuga runaka kuri internet rubasha kuboneka ( Domain Name Server fail), ku buryo iyo wanditse urwo rubuga, internet idashobora kumenya aho irushakira.

Nta kintu Facebook iratangaza ku mpavu zateye ikibazo.

Ibi byose bibaye mu gihe iki kigo kiri ku gitutu, aho gishinjwa n’umwe mu bahoze ari abakozi bacyo ko cyashyize imbere kubona inyungu aho kwita ku mutekano w’abakoresha imbuga zacyo.

Kugeza muri Kamena 2021 Facebook yonyine nk’urubuga yabaraga abayikoresha miliyari 1.91 ku munsi, bazamutseho 7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Urebye abakoresha porogaramu zihurira mu muryango wa Facebook zirimo na Instagram, WhatsApp na Messenger, bibarwa ko ababikoresha buri munsi bagera muri miliyari 2.76, aho biyongereyeho 12%.

Instagram and friends are having a little bit of a hard time right now, and you may be having issues using them. Bear with us, we’re on it! #instagramdown

— Instagram Comms (@InstagramComms) October 4, 2021

TAGGED:FacebookfeaturedInstagramWhatsApp
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri 6500 Babuze Ku Munsi w’Ibizamini Bya Leta
Next Article Uwahoze Ari Umugore Wa ‘Perezida’ Mugabe Ntayemeranya Na Leta Ya Zimbabwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?