Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Yishe’ Abana Be Imirambo Ayijugunya Mu Ngarani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Yishe’ Abana Be Imirambo Ayijugunya Mu Ngarani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2023 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku myaka 28 y’amavuko, umugabo witwa Nelson Momanyi Ontita wo muri Kenya akurikiranyweho kwica abana be babiri imirambo akayijugunya mu ngarani. Umwe muri abo bana yari afite imyaka ibiri y’amavuko undi afite imyaka 10.

Kuri uyu wa Mbere taliki 09, Mutarama, 2023 ukekwaho buriya bwicanyi yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rw’ahitwa Kiobegi muri Kisii kugira ngo asomerwe ibyo ashinjwa.

Urukiko rwategetse ko nyuma yo gusomerwa ibyo aregwa, aba asubijwe muri gereza mu gihe cy’iminsi 14 mu rwego rwo kurushaho kwegeranya ibimenyetso nk’uko byasabwe n’ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari ibyo bugikusanya mu idosiye buregamo uriya mugabo.

Ikindi  ni uko ubushinjacyaha buvuga ko uriya muntu agomba kubanza gusuzumwa uko ubuzima bwe bwo mu mutwe buhagaze.

Ukurikiranyweho buriya bwicanyi, acumbikiwe kuri station ya Polisi ya Nyangusu, akazatangira kuburanishwa taliki 23, Mutarama, 2023.

Ubwo yabazwaga icyo avuga ku byo ubushinjacyaha bwari bumaze kumusabira, uregwa ntacyo mu by’ukuri yabivuzeho ahubwo yabwiye abari aho ko akiri umwana Se yacaga Nyina inyuma.

The Nation yanditse ko ku mirambo ya bariya bana hagaragaragaho ibikomere binini mu mutwe no ku ijosi.

Uwabishe[haracyekwa Se] yabajugunye mu ngarani ituranye n’umurima w’ibigori.

TAGGED:AbanaImiramboIngaraniKenyaPolisiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri CHOGM Mu Rwanda Haburijwemo Ibitero By’Iterabwoba
Next Article Abasirikare B’u Rwanda Batangiye Kwambara Amapeti Mu Gituza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?